00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yatunguwe n’ibyamamare: Juno Kizigenza yizihije imyaka itanu amaze mu muziki

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 May 2025 saa 11:13
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 16 Gicurasi 2025, Juno Kizigenza yataramiye abakunzi be mu gitaramo yizihirijemo imyaka itanu amaze mu muziki.

Ni igitaramo cyabereye muri ’Institut Français du Rwanda’ aho uyu muhanzi yari yateguye umugoroba wo gutaramana n’abakunzi be bari bitabiriye ari benshi.

Muri iki gitaramo, Juno Kizigenza yanyuzagamo agahamagara abahanzi bakoranye indirimbo bari ahabereye iki gitaramo bagafatanya kuziririmba.

Bamwe mu bahanzi bitabiriye iki gitaramo banaririmbanye nawe barimo Butera Knowless bakoranye ‘Umugisha’, Kenny Sol bahuriye mu yitwa ‘Igitangaza’, Ariel Wayz bahuriye mu yitwa ‘Away’ na France Mpundu bahuriye muri ‘Huha Records’.

Uretse abagiye ku rubyiniro bagafatanya kuririmba, ni igitaramo ariko kandi cyagaragayemo Ishimwe Clement wa KINA Music, Marina, Miss Muyango na Shemi.

Juno Kizigenza yavuze ko nubwo akoze iki gitaramo gito, akomeje imyiteguro yo kuzategura ikinini azahuriramo n’abakunzi be benshi nubwo ateruye neza igihe kizabera.

Ku wa 13 Gicurasi 2020, ni bwo Juno Kizigenza yinjiye mu muziki ahereye ku ndirimbo yise ‘Mpa formula’ yanahise ikundwa bikomeye, bimuha icyizere cy’ahazaza heza mu muziki.

Nyuma yakoze izindi ndirimbo zirimo Igitangaza, Jaja, Biranze, Shenge, Urankunda n’izindi nyinshi zatumye izina rye rirushaho gutumbagira mu mitima y’abakunzi b’umuziki nyarwanda.

Ni uku Juno Kizigenza yaserutse imbere y'abakunzi be
Juno Kizigenza yishimiye gukora igitaramo cyo kwizihiza imyaka itanu amaze mu muziki
Ahereye ku ndirimbo ye ya mbere kugeza ku ziheruka, Juno Kizigenza yatanze ibyishimo ku bakunzi be
Miss Muyango ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo
Shemi yari yishimiye inshuti ye Juno Kizigenza
Kenny Sol yatunguye Juno Kizigenza amusanga ku rubyiniro
Kenny Sol na Juno Kizigenza baririmbanye indirimbo 'Igitangaza' bahuriyemo na Bruce Melodie
DJ Butera asanzwe ari umufana ukomeye wa Juno Kizigenza
Juno Kizigenza yaririmbaga indirimbo ze hafi ya zose mu buryo bwa Live
Mu buryo butunguranye, Ariel Wayz yasanze Juno Kizigenza ku rubyiniro bafatanya kuririmbana indirimbo Away
Ras Kayaga wamenyekanye muri Holy Jah Doves ni umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo
Ariel Wayz na Juno Kizigenza bishimiwe bikomeye
Ariel Wayz yari yagiye gushyigikira inshuti ye Juno Kizigenza banavuzwe mu nkuru z'urukundo
Marina ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo
France Mpundu yishimiye uko Juno Kizigenza yitwaye muri iki gitaramo
Miss Muyango na Shemi bitegereza inshuti yabo Juno Kizigenza uko yitwara
Butera Knowless ni umwe mu bageze ahabereye iki gitaramo na mbere y'uko gitangira
Abakunzi b'umuziki wa Juno Kizigenza batashye banyuzwe

Amafoto: Mukayiranga Esther Yassipi


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .