00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yaserutse mu myenda yahanzwe n’Abanyarwanda! Imbamutima za John Legend nyuma yo gutaramira i Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 February 2025 saa 10:26
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 22 Gashyantare 2025, John Legend yakoreye igitaramo gikomeye mu Mujyi wa Kigali asusurutsa abakunzi b’umuziki we bari bakubise buzuye inyubako ya BK Arena ubusanzwe ijyamo abantu ibihumbi 10.

Uretse kwishimira umuziki mwiza yasangije abakunzi be, Abanyarwanda banishimiye uko yaserutse yambaye imyenda yahanzwe n’Abanyarwanda

Yaba John Legend n’abaririmbyi be baserutse bambaye imyenda yahanzwe na ‘Moshions’, uretse ikindi gice yagezemo akambara umwenda wahanzwe na Tanga Design.

Tanga Design uri mu bambitse John Legend yabwiye IGIHE ko igitekerezo cy’umwenda yamudodeye yagikuye ku mushanana, icyakora we ahitamo kuwuvugurura awudoda mu buryo bugezweho.

Ati “Njye iyo nkoze umwenda mba mfite urukundo rwawo rwinshi, kandi ntabwo wabona igiciro cyarwo ni yo mpamvu ntajya njya mu biciro rwose.”

Ku rundi ruhande, John Legend yishimiye bikomeye igitaramo yakoreye i Kigali.

Ati “Ijoro ryashize i Kigali, mu Rwanda, ryari iry’ibitangaza! Mbega igitaramo cyiza! Numvise urukundo rwanyu […] Mbega ibihe bidasanzwe, Ntegereje n’amatsiko Lagos ku itariki ya 25!”

John Legend yavugaga ibi mu gihe agomba kuva i Kigali yerekeza muri Nigeria aho afite ikindi gitaramo ku wa 25 Gashyantare 2025.

Uyu muhanzi uri mu bakomeye ku Isi cyane ko yibitseho Grammy Awards 13, yari i Kigali mu gitaramo cya ‘Move Afrika’. Abaye uwa kabiri ucyitabiriye nyuma ya Kendrick Lamar wahataramiye mu mpera za 2023.

John Legend yaserutse mu mwambaro wahangiwe muri Moshions
Uyu mwambaro John Legend yari yambaye ubusanzwe ugura miliyoni 3Frw
Nyuma yahinduye umwenda ashyiramo uwahanzwe na Tanga Design
John Legend yishimiye kwambikwa n'abahanga mu guhanga imideli mu Rwanda
Ubwitabire bw'abakunzi b'umuziki bwari hejuru muri BK Arena
John Legend yavuze ko yagiriye ibihe bidasanzwe muri BK Arena, ashima urukundo yeretswe n'abafana
Turahirwa Moses wa Moshions nyuma yo kwambika abaririmbyi ba John Legend, yafatanye na bo ifoto y'urwibutso
David Thomas ni we ushinzwe kwambika John Legend. Ni na we wamuhitiyemo imyenda yaserukanye i Kigali
Abaririmbyi ba John Legend bamaze kwipima imyenda ya Moshions
John Legend n'abaririmbyi be mu myenda ya Moshions
Tanga Design mu mwenda yari amaze kwambika John Legend

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .