00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yamukubitaga yamuziritse: Amandah Darling yahishuye ihohoterwa yakorewe n’inkumi bamaze igihe bakundana

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 March 2025 saa 10:23
Yasuwe :

Isimbi Amandine wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Amandah Darling, yahishuye ko ubuzima abanyemo n’inkumi yitwa Amollo Karol yo muri Uganda bamaze igihe bakundana, bwiganjemo ihohoterwa kugeza no ku rwego yamuzirikaga akamukubita.

Ibi Amandah Darling yabigarutseho yifashishije ubutumwa yatambukije ku rubuga rwa Snapchat nubwo nyuma y’amasaha make yahise abusiba.

Mu bikorwa Amandah Darling ahamya ko ari indengakamere yakorewe n’iyi nkumi bakundana, ni uko yajyaga amuzirika akamukubita.

Amandah Darling yasangije abamukurikira amashusho y’inshuro ebyiri uyu mukobwa bakundanaga yabaga ari kumukubita.

Ati “Reka mbisubiremo abantu ni babi, bafite ihungabana ryabo. Niba utangiye kubona ibimenyetso hunga. Ibi byose byarabaga nkahitamo kuhaguma. Natekerezaga ko wenda ari njye wabaga yakosheje kugeza ubwo nari ngiye kuhatakariza ubuzima. Ntabwo ntewe ikimwaro no kuvayo ngo mvuge.”

Uyu mukobwa avuga ko kuvayo akavuga bitamuteye isoni kuko ibitekerezo by’abamunenga n’abamuseka bitamubabaza nk’uko yababajwe n’umukunzi we, ahamya ko yamufataga nk’inyamanswa.

Ati “Impamvu ntafite ikimwaro cyo kubivuga ni uko amagambo yanyu atambabaza nk’uko uyu muntu yambabaje. Yamfataga nk’inyamanswa ariko nari nkimuhishira.”

Amandah Darling yagaragaje ko nyuma yo gukubitwa n’uyu mukobwa bakundanaga, yahitaga amuzanira indabyo bakifotoza kugira ngo ku mbuga nkoranyambaga bakomeze bagaragare nk’abaryohewe n’ubuzima.

Ikindi cyababaje Amandah Darling ni uko uyu mukobwa bamaze igihe bakundana, yamuteranyije n’umubyeyi we, amukura ku nshuti n’abavandimwe.

Mu yandi mashusho yasangije abamukurikira ari gukubitwa n’uyu mukobwa bakundana, Amandah Darling yagaragaje inshuti ye iri kumusabira imbabazi ngo bareke kumukubita.

Si ubwa mbere Amandah Darling agiranye ibibazo n’uyu mukobwa bakundana, kuko mu 2023 nabwo bakozanyijeho ndetse birangira uyu mukobwa yahukanye ataha mu Rwanda, ndetse icyo gihe mu kiganiro yahaye IGIHE yahishuye ko yazinutswe burundu ibyo gukundana n’abakobwa bagenzi be.

Icyo gihe Amandah Darling yafashe umwanya asaba imbabazi umuryango we, inshuti n’abavandimwe baba barakomerekejwe n’ibikorwa yari amazemo iminsi abizeza impinduka.

Icyakora bidateye kabiri, uyu mukobwa yaje gusubira muri Uganda yongera gucudika n’iyi nkumi yari yaramutwaye umutima.

Amandah Darling yagaragaje amashusho y'ukuntu inkumi bakundanaga yajyaga yifashisha inshuti zayo bakamuzirika bakamukubita
Amandah Darling yagaragaje inshuro zirenze imwe yakubiswe n'inkumi bakundanaga
Amandah Darling yagaragaje uko nyuma yo gukubitwa n'inkumi bakundanaga yamuhaga impano mu rwego rwo kwigira mwiza ku mbuga nkoranyambaga
Amandah Darling yagaragaje ko inkumi bakundanaga yamufataga nk'inyamanswa
Amandah Darling yari amaze igihe akundana n'inkumi yo muri Uganda yitwa Amollo Karol
Mu 2023, Amandah Darling yavuze ko azinutswe burundu ibyo gukundana n'uyu mukobwa ariko nyuma y'igihe gito barasubirana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .