00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yagenze ibirometero 150 mu minsi ine: Bazongere yageze i Rubavu n’amaguru (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 23 March 2025 saa 07:56
Yasuwe :

Bazongere Rosine wamamaye muri sinema y’u Rwanda, yarangije urugendo rw’iminsi ine yakoze n’amaguru, aho yavuye i Kigali akerekeza i Rubavu mu rugendo rw’ibirometero 150.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 23 Werurwe 2025, nibwo Bazongere Rosine yari ageze mu Mujyi wa Rubavu.

Mu kiganiro na IGIHE, yavuze ko muri uru rugendo, yagendaga amanywa mu ijoro akaruhuka.

Umunsi wa mbere w’uru rugendo yaraye kwa Nyirangarama mu Karere ka Rurindo, bucya atangira urugendo yakomereje i Musanze aho yaraye ku munsi wa kabiri.

Ku munsi wa gatatu yaraye mu Karere ka Nyabihu mbere y’uko atangira urugendo rwerekeza mu Karere ka Rubavu aho yageze kuri uyu wa 23 Werurwe 2025.

Uru ni urugendo Bazongere avuga ko yarukoze mu rwego rw’ubukangurambaga bwo gukora siporo ngororamubiri mu kurushaho kugira ubuzima bwiza, kuruhura umubiri ndetse no kuruhura ubwonko.

Uyu mukobwa yavuze ko ibirometero 93 bya mbere yakoze kuva i Kigali yerekeza i Musanze yabikoranye n’umusore witwa Cedric mbere y’uko ahura na Josiane bahagurukanye i Musanze berekeza i Rubavu, urugendo rw’ibirometero 57.

Uteranyije igihe yamaze mu muhanda, kigera ku masaha 34, iminota 39 n’amasegonda 26.

Bazongere ni umwe mu bashinze ikipe y’abantu bakunze gukorana siporo ngororamubiri, zaba izo kugenda n’amaguru ndetse no guterera imisozi itandukanye yise ‘Wolking for health body and mind’.

Umunsi wa mbere, Bazongere Rosine yakoze ibirometero 48 mu gihe cy'amasaha arenga 10
Umunsi wa gatatu Bazongere yakoze ibirometero birenga gato kuri 30 mu masaha arenga arindwi
Umunsi wa nyuma Bazongere yakoze ibirometero 27.1 mu masaha arenga atandatu
Umunsi wa kabiri, Bazongere yakoze ibirometero 44.9 mu masaha arenga 10
Mu nzira Cedric yamuteye imbaraga zo gukora uru rugendo
Mu nzira yanyuzagamo akabanza akifotoza kugira ngo agire ifoto y'urwibutso
Ubwo Bazongere yari ageze kwa Nyirangarama, aho yacumbitse ku munsi wa mbere
Agiye gutangira umunsi wa kabiri, igikapu cye cyabaga gifunze neza
Bazongere Rosine yamaze umunsi urenga agenda n'amaguru mu rwego rwo gusoza isezerano yihaye
Ubwo yari atangiye urugendo rwerekeza i Musanze
Ubwo Bazongere na Cedric bari barangije guterera Buranga
Yageze i Musanze umugoroba ugeze aharara ku munsi wa kabiri
Hari aho yageraga akabanza gufata agafoto k'urwibutso
Imvura ntabwo yigeze ihagarika urugendo rwe
Iminsi ine, ibirometero 150, Bazongere yarangije urugendo Kigali-Rubavu yakoraga n'amaguru
Mu nzira ijya i Rubavu yagaragazaga ibyishimo byo kugera ku ntego ze
Avuga ko uru rugendo rwatumye arushaho gusura aka gace
Bazongere Rosine ubwo yari ageze ku Nyundo yahafatiye ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .