00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yaje ari umufana- Yago yahishuye uko yamenyanye n’umukunzi we yahimbiye indirimbo

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 24 March 2025 saa 07:42
Yasuwe :

Nyarwaya Innocent umaze kumenyekana nka Yago Pon Dat, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Elo” yakomoye ku mukunzi we, bagiye kumarana imyaka ibiri bakundana.

Ni indirimbo uyu muhanzi yashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 23 Werurwe 2025, ikozwe mu buryo bw’amajwi n’amashusho. Igaragaramo umukunzi we, Kayiranga Teta Christa akaba ari nawe yayikomoyeho.

Yago yabwiye IGIHE ko iyi ndirimbo yayihimbye ubwo yari akumbuye uyu mukobwa, ari muri Uganda agahitamo kujya muri studio akamwandikira indirimbo.

Ati “Kumuhimbira indirimbo byaturutse ku rukumbuzi nari mfite ubwo nari ndi muri Uganda we ari mu Rwanda. Nagiye muri studio rero bihita byikora.”

Abajijwe uko iby’urukundo rwabo byatangiye yavuze yamenye Teta ari umufana we, bagenda baganira biyumvanamo kugeza bageze ku ngingo yo gukundana.

Ati “Byatangiye ari umufana wanjye bisanzwe, nyuma turahuza. Tugiye kumarana imyaka ibiri.”

Avuga ko ikintu gikomeye yamukundiye ari uko “afite umutima mwiza cyane”.

‘Elo’ mu buryo bw’amajwi yakozwe na Dny beats naho amashusho akorwa na Mpaka Films.

Yago yavuze ko we na Teta bagiye kumara imyaka ibiri bakundana
Yago yahimbiye indirimbo umukunzi we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .