00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwineza wamenyekanye muri sinema yinjiye mu bucuruzi bw’urusenda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 12 February 2025 saa 10:14
Yasuwe :

Uwineza Peace Shakirah wamenyekanye muri filime z’urwenya zitandukanye nka Mbaya series na Subu Comedy, muri iyi minsi asa n’uwabishyize ku ruhande kuko yinjiye mu bucuruzi bw’urusenda.

Uyu mukobwa wize ibijyanye na ‘Customs and Tax Operation’ kuri ubu ni rwiyemezamirimo ufite urusenda yise ‘Neza Chill’ akora binyuze mu sosiyete ye Shaky Ltd.

Mu kiganiro na IGIHE, Uwineza yavuze ko atangira gukora urusenda atari azi ko yabikora ngo bigere nubwo abigira ubucuruzi.

Ati “Hari muri Mutarama 2023, nari mfite inshuti yanjye yakundaga urusenda, umunsi umwe turi kumwe mubwira ko nshobora kuzarumutekera. Ni igitekerezo yakunze ariko noneho njye ntabwo narinzi n’uko baruteka.”
Nyuma yo kwirarira ku nshuti ye, Uwineza avuga ko yaje kwibuka ko afite inshuti ye yari yarize gukora urusenda ari nako kazi yakoraga i Dubai, icyakora icyo gihe yari iri mu Rwanda mu biruhuko, ahitamo kuyegera ngo nayo imwibire ibanga ry’uko rukorwa.

Uwineza yatangiye kwiga gukora urusenda ariko agamije kurutekera inshuti ye.

Ati “Nyuma nararutetse ararukunda ndetse ambwira ko atazongera kugura urwo yari asanzwe agura, nkomeza kujya ndumutekera noneho akajya ansaba guteka rwinshi ngo aheho n’inshuti ze.”

Uwineza avuga ko kuba urusenda rwe rwakiriwe neza n’inshuti ze byatumye atangira gutekereza kuba yabikora nk’ubucuruzi, yongera kwegera ya nshuti ye yamwigishije yongera gukarishya ubumenyi.

Nyuma yo kugira ubumenyi bw’ibanze, Uwineza yatangiye gukora urusenda rwe noneho agamije kurushyira ku isoko, icyakora uko abantu bagiye barukunda bakanarugura birangira atangiye gushaka abakozi kuri ubu akaba amaze guha akazi abagera kuri 12 barimo umunani bahoraho.

Uyu mukobwa ahamya ko kugeza ubu uruganda rwe rufite ubushobozi bwo gutunganya byibuza ibilo 300 by’urusenda ku munsi nubwo bitewe n’isoko batabikora buri gihe.

Uwineza avuga ko iby’ubucuruzi bw’urusenda aribyo byatumye aba ashyize ku ruhande ibyo gukina sinema, ahamya ko mu gihe yaba amaze kubaka neza uruganda rwe aribwo yareba niba yabisubiramo.

Uwineza Peace Shakirah wamenyekanye muri sinema ubu yihebeye ubushabitsi bw'urusenda
Uwineza yavuze ko afite abakozi 12 barimo umunani bafite akazi mu buryo buhoraho
Uwineza watangiye atekera urusenda inshuti ye, ageze aho abikora nk'ubucuruzi
Uwineza ahamya ko ubu afite ubushobozi bwo gukora ibiro 300 by'urusenda ku munsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .