00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Victor Rukotana agiye gufasha abakundana kwizihiza ‘Saint-Valentin’

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 13 February 2025 saa 08:57
Yasuwe :

Umuhanzi Victor Rukotana umaze kumenyekana mu muziki nyarwanda mu ndirimbo ziganjemo iz’urukundo, agiye gukora igitaramo cyo kwizihiza umunsi wahariwe abakundana uba buri mwaka ku wa 14 Gashyantare.

Ni igitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025, cyiswe “Valentine’s Love Night”, cyateguwe na Diva Awards. Kizabera The Manor Hotel.

Keza Terisky wagiteguye yabwiye IGIHE ko bagitekereje nyuma yo kubona ko abakundana kuri uyu munsi baba bakeneye kuba bari ahantu habafasha kwizihiza umunsi wabo, bafata icyo kunywa no kurya banezerewe kurusha uko baba bari mu rugo cyangwa ahandi hantu hatateguwe neza.

Ati “Ni igitaramo twateguye dushaka ko abantu bizihizanya uyu munsi n’abakunzi babo. Ikindi kandi dushaka ko ‘couple’ izabishaka imaze imyaka myinshi ikundana, izasangiza izindi inkuru y’urukundo rwayo, ku buryo hari icyo byafasha ababa bamaze igihe kitari kinini batangiye gukundana.”

Yakomeje avuga ko ari ijoro bitezemo ibintu byinshi bidasanzwe birimo guha impano ‘couple’ zimwe n’ibindi.

Uretse Victor Rukotana uzaririmba muri iri joro ryahariwe abakundana, imiziki izavangwa na Amy The DJ mu gihe abitabiriye bazaririmbirwa kandi na Melody Band izafatanya n’uyu muhanzi.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 50.000 Frw abantu bakongezwa indabyo, ifunguro ndetse n’ikirahuri cya ‘wine’.

Naho ‘couple’ izishyura 100.000 Frw izahabwa icupa rya ‘wine’, ifunguro ndetse n’indabyo. Naho abazishyura 200.000 Frw bazahabwa icyumba cyo kuraramo, icupa rya ‘champagne’, ifunguro n’indabyo.

Reba indirimbo “Love” ya Victor Rukotana iri mu ze zakunzwe

Victor Rukotana agiye gufasha abakundanye kwizihiza umunsi wabahariwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .