00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwase Belinda ‘Bel’ witabiriye ‘The Voice Africa’ agiye gusohora EP ye ya mbere

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 February 2025 saa 02:56
Yasuwe :

Uwase Belinda winjiranye mu muziki izina rya ‘Bel’ akaba umwe mu bari bitabiriye ‘The Voice Africa’, ageze kure imyiteguro yo gusohora EP ye ya mbere.

Iyi ‘Extended Playlist (EP)’ uyu muhanzikazi yise ‘The chronicles of broken hearts’ izaba igizwe n’indirimbo eshanu zirimo ‘The ghost of your smile’, ‘The meeting’, ‘The color of gray’, ‘letting go’ na ‘The chronicles continued’.

Ni EP Bel azasohora ku wa 14 Gashyantare ariko by’umwihariko akazabanza kuyumvisha inshuti ze ku wa 7 Gashyantare 2025, mu birori bizabera ahitwa ‘La cleora’ ku Kimihurura.

Mu mpera z’Ugushyingo 2024 nibwo Bel yasohoye indirimbo ye ya mbere yise ‘Letting go’ iri mu zigize iyi EP ye ya mbere.

Bel yari umwe mu banyempano barindwi bari bahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya ‘The Voice Africa’.

Uyu mukobwa yaje gukomeza arenga icyiciro cya ‘Blind audition’ cyasize babiri mu bari bahagarariye u Rwanda basezerewe, hasigara batanu ndetse uyu yanabashije gukomeza mu cyiciro bise ‘Battle Audition’.

Icyakora nubwo yari yakomeje, Bel n’abo bari bajyanye muri iri rushanwa bafashe icyemezo cyo gutaha kuko babonaga imitegurire y’iri rushanwa idasobanutse.

Iri rushanwa ryanahise rihagarara burundu, icyakora Bel we ahamya ko yahisemo gukomeza inzozi ze birangira yinjiye mu muziki.

Nyuma yo kuva muri ‘The Voice Africa’ itarangiye, Bel agiye gusohora EP ye ya mbere
Bel ni umwe mu bahanzi bashya mu muziki w'u Rwanda
EP ya mbere Bel yise 'The chronicles of broken hearts’ igizwe n'indirimbo eshanu
Inshuti ze agiye kuzumvisha indirimbo zigize EP ye ya mbere yise ‘The chronicles of broken hearts’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .