Ku wa 20 Ukuboza 2022, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Uwamahoro yasangije abamukurikira amashusho ari kwishimira impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Jeep yahawe n’umukunzi we.
Mu kiganiro kigufi yagiranye na IGIHE, Uwamahoro yemeje ko iyi modoka ari impano ya noheli yagenewe n’umukunzi we akomeje kugira ibanga rikomeye.
Icyakora nubwo atifuje kugaruka ku makuru y’umukunzi we, hari avuga ko uyu mukobwa amaze igihe akundana n’umwe mu basore bigwijeho amafaranga menshi muri Uganda.
Nta byinshi uyu mukobwa yifuje kuvuga ku rukundo rwe n’uyu musore bacuditse muri iyi minsi, icyakora amakuru ahari ahamya ko iyi ari iminsi mikuru ya mbere bagiye gusangira nk’abakunzi cyane ko urukundo rwabo rwashyushye cyane mu mpeshyi ya 2022.
Uwamahoro wari witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2019 icyakora akavamo nta Kamba yegukanye, yaje kwimukira muri Uganda aho asigaye akorera ubushabitsi bunyuranye.
Mu mpera za 2021 hari hadutse amakuru yavugaga ko Uwamahoro akundana na Rammy Galis wamamaye cyane muri Tanzania nk’umukinnyi wa filime, icyakora inkuru z’urukundo rwabo ntabwo zarambye.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!