00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Marina yatangiye kwirwanaho mu muziki

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 June 2024 saa 10:31
Yasuwe :

Marina wari umaze igihe afashwa n’abantu batandukanye mu muziki, nyuma yo gutandukana na The Mane Music, kuri ubu yafashe icyemezo cyo gutangira kwirwanaho.

Ibi uyu muhanzikazi yabibwiye IGIHE nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya yise ‘Avec toi’. Ni iya mbere ashyize hanze nyuma yo gufata icyemezo cyo kwirwanaho.

Yagize ati “Nyuma y’uko ntandukanye na The Mane Music nanyuze mu bihe bitandukanye, hari abantu benshi twagiye tuganira imikoranire bamwe tukemeranya ariko ntibigende neza, abandi ugasanga nta nubwo dukoranye. Maze iminsi rero mu bitekerezo byo kwibaza ukuntu natangira kwirwanaho kandi ngakora umuziki.”

Marina yavuze ko gutekereza kwirwanaho ariyo mpamvu ataherukaga gusohora indirimbo nshya.

Marina yavuze ko kugeza ubu ari we uri kwirwanaho mu muziki afatanyije n’inshuti ze.

Ati “Ubu ninjye uri kwirwanaho mfatanyije n’inshuti zanjye zimba hafi bya buri munsi, nibaza ko dufatanyije ibintu bizagenda neza, abakunzi banjye ntibazongera kugira irungu ukundi.”

Iyi ndirimbo nshya ‘Avec toi’ Marina yashyize hanze mu buryo bw’amajwi yakozwe na Prince Kiiiz mu gihe amashusho yayo yafashwe anatunganywa na AB Godwin.

Marina winjijwe mu muziki na Uncle Austin, yamenyekanye cyane ubwo yakoranaga na The Mane Music. Mu minsi ishize byavugwaga ko yaba agiye gukorana na Muyoboke Alex.

Marina yatangiye kwirwanaho mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .