Gutandukana kw’abo bombi ni amakuru amaze iminsi avugwa ariko ba nyirayo barayagize ibanga rikomeye. Bamwe bayashingiraga ku kuba kuva bavana i Dubai, ntawigeze asangiza abamukurikira amafoto y’ibihe bagiriyeyo.
Mu kiganiro na IGIHE, Marina wirinze kugira byinshi avuga, yahishuye ko atakiri mu rukundo na Yvan Muziki.
Ati “Ikintu kimwe nakubwira ni uko ubu nta mukunzi mfite!”
Marina na Yvan Muziki bari bamaze imyaka ibiri bavugwa mu nkuru z’urukundo zanabyaye umusaruro w’indirimbo ‘Urugo ruhire’ ya Massamba Intore bose basubiranyemo.
Kuva Marina yatangira kuvugwa mu nkuru z’urukundo na Yvan Muziki, amakuru yavugwaga ni uko uyu muhanzikazi yatangiye kurebana ay’ingwe n’ubuyobozi bwa The Mane Music.
Ubuyobozi bwa The Mane Music bwashinjaga Marina kujya mu rukundo rukamutwara umwanya yari asanzwe agenera akazi ke.
Bivugwa ko umubano w’aba bombi watangiye kuba mwiza ubwo Marina yerekezaga ku mugabane w’u Burayi mu ntangiriro za 2020.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!