00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uncle Austin yitendetse ku ba DJ abashinja kutihugura

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 March 2025 saa 03:40
Yasuwe :

Uncle Austin yitendetse kuba DJ bo mu Rwanda, abashinja kutihugura ngo bamenye ubuhanga mu gucuranga imiziki myiza, ahubwo bagaharara gucuranga indirimbo nshya bakirengagiza izakunzwe mu myaka yo ha mbere.

Ibi Uncle Austin yabigarutseho yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, aho abinyujije ku rukuta rwe rwa ‘X’ yasabye abavanga imiziki gutembera kugira ngo barebe uko ahandi babigenza.

Ati “Ba DJ mugomba gutembera mukamenya Isi, mugomba kugira ubunararibonye no kwiga bimwe mu bintu by’ingenzi bijyanye no kuvanga imiziki neza."

"Abacu bamwe bibwira ko kuvanga neza imiziki ari ugucuranga indirimbo zitarengeje amezi atanu gusa. Mugerageze mugire indirimbo nyinshi zo gucuranga.”

Uncle Austin yavuze ko hari bake bagerageza gushyiramo imbaraga bagashaka uko barushaho gucuranga neza kandi bakagerageza gushakisha ibihangano byanyura amatwi y’abumva imiziki.

Ni ubutumwa Uncle Austin yasoje asaba aba DJ kutarakazwa n’ibyo abavuzeho, ababwira ko aho kurakara bagana amashuri bakihugura kurusha ibindi.

Uncle Austin yasabye aba DJ kutarakazwa n'ubutumwa bwe ahubwo abagira inama yo kujya kwihugura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .