00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwihariko ‘Sebisage’, album nshya ya Shauku Band iri mu mwimerere wa Kinyarwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 15 Werurwe 2023 saa 04:49
Yasuwe :

Shauku Band yashinzwe mu 2020, itangiranye amashagaga mu muziki w’u Rwanda, nyuma y’imyaka ibiri gusa ishinzwe yamaze gushyira hanze album yabo ya mbere bise ‘Sebisage’.

Ni album ifite umwihariko wo kuba icuranze mu buryo bwa ‘live’ ndetse inumvikanamo ibikoresho bya muzika gakondo.

Sebisage ni album igizwe n’indirimbo zirimo Umurashi bakoranye na Riderman, Sebisage yanitiriwe album, Karangwe, Iyarare, Ideni, Imigembe yaririmbwe na Sophie Nzayisenga na Tsinda ya Remera.

Mu kiganiro n’ubuyobozi bw’iri tsinda, babwiye IGIHE ko iyi album ifite umwihariko wo kuba icuranze mu buryo bwa ‘live’ ariko by’umwihariko bakaba barifashishije byinshi mu bicurangisho gakondo.

Habineza Olivier ushinzwe imirimo ya buri munsi y’iri tsinda, yavuze ko bahisemo gukora album icurangishije ibikoresho bya muzika gakondo kuko bifuzaga kumenyekanisha umwihariko w’u Rwanda muri muzika.

Ati “Twe twifuza guteza imbere umuziki w’u Rwanda ku buryo uzumva indirimbo zacu bizajya bimworohera kumva aho abari kuririmba bakomoka.”

Nyuma yo gukora indirimbo ziri kuri iyi album, Habineza yavuze ko ubu hakurikiyeho ibikorwa byo kuzimenyekanisha hanyuma bakabona gutegura ibitaramo bizenguruka mu Ntara zose z’u Rwanda bataramira Abanyarwanfa babamurikira iri tsinda rishya mu muziki.

Icyakora ku rundi uyu musore yavuze ko bafite ibikorwa bitandukanye birimo ibitaramo bazajya baririmbamo ndetse n’amaserukiramuco bashobora kwitabira.

Iyi album yakozwe n’aba producers-batandukanye, Shauku Band yari imaze igihe iri kuyikoraho kuko indirimbo ya mbere yayo yitwaga ‘Jolie’ yasohotse ku wa 31 Ukuboza 2020.

Ni album yumvikanaho indirimbo Imigembe iririmbwa na Sophie Nzayisenga n’ubundi bakorana, ndetse n’iyitwa ‘Umurashi’ bakoranye na Riderman.

Shauku Band isanzwe itaramira abantu mu bitaramo bitandukanye (aha yari mu gitaramo giherutse gutumirwamo Kidum), yasohoye album yabo ya mbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .