00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwe mu baburaniraga Diddy yakuyemo ake

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 22 February 2025 saa 02:36
Yasuwe :

Anthony Ricco wari uri mu banyamategeko baburaniraga Umuraperi Sean Combs Diddy, yashyikirije urukiko impapuro zisaba kwikura mu rubanza, avuga ko atagishoboye kunganira uyu mugabo mu mategeko.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, nibwo uyu mugabo yashyikirije urukiko impapuro zisaba kwikura mu itsinda ryunganira Diddy mu mategeko.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko People Magazine yabonye, Ricco ntiyatangaje impamvu y’iki cyemezo cye, ariko yanditse ati “Nta buryo na bumwe nakomeza kunganira Sean Combs uko bikwiye.”

Icyemezo cye kigomba kwemezwa n’umucamanza mbere y’uko ava ku rutonde rw’abanyamategeko bamwunganira. Nubwo Ricco yeguye, Diddy arasigara afite abandi banyamategeko batanu barimo Marc Agnifilo uhagarariye abandi.

Muri iyo nyandiko, Ricco yavuze ko atifuje gutanga ibisobanuro birambuye kubera ko bifitanye isano n’amabanga ari hagati y’umwunganizi n’umukiliya we. Ariko, yagaragaje ko yafashe iki cyemezo nyuma yo kuganira na Agnifilo.

Ati “Iyi nyandiko isaba kwikura mu rubanza niyemezwa, ntizabangamira gahunda iriho y’itangira ryo gutoranya inteko iburanisha ndetse n’iburanisha ubwaryo.”

“Bityo, nta cyuho kizabaho mu kunganirwa kwa Sean Combs kuko agifite abandi banyamategeko batanu bemewe mu rubanza.”

Diddy kuva muri Nzeri 2024 afunze mu gihe ategereje urubanza ku byaha ashinjwa birimo gukoresha izina rye cyangwa igitinyiro agashora abantu mu busambanyi nyuma yo kubatera ubwoba, gusahura no gucuruza abantu mu bikorwa by’ubusambanyi. Ibyaha byose aregwa yarabihakanye.

Mu 2024, abacamanza batatu batandukanye banze ko arekurwa by’agateganyo kubera impungenge z’uko ashobora kugerageza kubangamira abatangabuhamya. Icyo gihe yanatanze ingwate ya miliyoni 50$.

Kuri ubu, afungiye muri Gereza ya Metropolitan Detention Center i Brooklyn, aho ategereje urubanza ruzatangira tariki 5 Gicurasi 2025.

Umwe mu baburaniraga Diddy yakuyemo ake

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .