00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwana wa Jose Chameleone yahishuye ko Se ashobora kutamara imyaka ibiri

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 December 2024 saa 06:55
Yasuwe :

Abba Marcus umuhungu wa Jose Chameleone yahishuye ko abaganga bamenyesheje umuryango w’uyu muhanzi ko ashobora kutarenza imyaka ibiri agihumeka umwuka w’abazima mu gihe yakomeza kurangwa n’imyitwarire yo kunywa inzoga nyinshi.

Uyu muhungu abinyujije mu mashusho yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko Se umubyara uyu munsi ahanganye n’indwara zafashe inyama ze zo mu nda bitewe n’ubwinshi bw’inzoga yanyoye.

Ni umusore wahishuye ko abaganga bababwiye ko Jose Chameleone adahindutse agakomeza kunywa inzoga nyinshi atazarenza imyaka ibiri mu mwuka w’abazima.

Amagambo ya Abba Marcus yaje asanga inkuru y’uko mu cyumweru gishize Jose Chameleone yajyanywe shishi itabona mu bitaro kubera uburwayi bwabaye nk’ubutunguranye.

Ku wa 12 Ukuboza 2024 nibwo hasohotse amakuru y’uko Jose Chameleone yajyanywe mu bitaro bya Nakasero, nk’uko bigaragara mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, akaba yahise yakirwa n’itsinda ry’abaganga bagombaga kumwitaho.

Jose Chameleone ukomeje kwitabwaho n’abaganga, ategerejwe mu gitaramo kigomba kubera muri Kigali Universe ku wa 3 Mutarama 2024.

Jose Chameleone yategetswe kugabanya inzoga niba yifuza kuramba ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .