Agaruka kuri iki gitaramo, Umusizi Rumaga yavuze ko abo bazakorana muri ibi bitaramo, ari abo yabonyemo impano y’ubusizi.
Ati “Ibyanzu ni abanyempano mu busizi nari naratangiye gushakisha na mbere, nyuma rero naje kugirirwa icyizere bangira umutoza muri ’ArtRwanda-Ubuhanzi’ nyuma yo kubatoza, mbona ko nta kindi nabafasha uretse kubahuriza hamwe tugakorana.”
Rumaga yavuze ko nyuma yo guhuza imbaraga biyemeje gutegura ibitaramo ngarukakwezi bizajya bibera muri Camp Kigali buri wa Gatanu wa nyuma w’ukwezi.
Igitaramo cya mbere cya Rumaga n’Ibyanzu kizabera muri Camp Kigali ku wa 31 Mutarama 2025, aho kwinjira ari ibihumbi 10 Frw.
Umusizi Rumaga ahamya ko ibi bitaramo bizanaba igicumbi cyo kugaragarizamo abandi banyempano bashya kuko bazajya baba bafite aho bigaragariza.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!