00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuraperi Taykun Degree yabyaranye n’inkumi bakundaniye mu kazi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 23 March 2025 saa 07:26
Yasuwe :

Umuraperi Taykun Degree uri mu banyempano babashije kwitabira irushanwa rya ‘East African Got Talent’ yibarutse imfura ye yabyaranye n’inkumi bakundaniye mu kazi ubu bakaba basigaye babana.

Ku mugoroba wo ku wa 21 Werurwe 2025, mu bitaro bya ‘Clinic de mont Nyamagumba’ havugijwe impundu nyuma y’uko umubyeyi witwa Mpinganzima Aisha Mignone yibarutse umwana w’umukobwa wanahise ahabwa izina rya Ngenzi Wase Raina Enora.

Uyu mubyeyi ni umugore w’umuraperi Taykun Degree, wari ugiye mu byishimo by’uko yibarutse imfura ye n’uyu mubyeyi bamaze imyaka ibiri bakundana ndetse banatangiye kubana nk’umugore n’umugabo nubwo batarakora ubukwe.

Taykun Degree yabwiye IGIHE, ko uyu mukobwa babyaranye batangiye gukundana muri Kamena 2023 bahuriye mu kigo ‘Ellen Campus of The Diana Fossey Gorilla Fund’ aho bahuriye mu kazi cyane ko bose bakorana.

Taykun Degree witabiriye irushanwa rya ‘East African Got Talent’ agitangira kaminuza, nyuma yo kutabasha kuritsinda yafashe icyemezo cyo gukomeza amasomo aba ashyize ku ruhande iby’umuziki.

Nyuma yo kurangiza amasomo mu 2022, Taykun Degree wize ibijyanye na ‘Zoology and conservation’ yaje kubona akazi mu kigo cya ‘Diana Fossey Gorilla Fund’ ari naho yahuriye n’umugore we mu 2023 ndetse bahita biyemeza kubana nubwo batarakora ubukwe.

Ku rundi ruhande kuva arangije amasomo yahise asubukura ibikorwa by’umuziki icyakora aracyahanganye no gucengeza imiziki ye mu mitima y’abakunzi b’umuziki.

Umuraperi Taykun Degree ni umwe mu banyempano bitabiriye irushanwa ‘East African Got Talent’
Umuraperi Taykun Degree yabyaranye imfura ye n’inkumi bakundaniye mu kazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .