00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuraperi OG Da General yinjiye mu itorero ‘Ishyaka ry’intore’ (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 January 2025 saa 07:10
Yasuwe :

Umuraperi Mutijima Bryon ukoresha amazina ya OG Da General mu muziki, yamaze kwinjira mu Itorero ‘Ishyaka ry’intore’ rigeze kure imyiteguro y’igitaramo cyaryo cya mbere ‘Indirirarugamba’ giteganyijwe kubera muri Camp Kigali ku wa 25 Mutarama 2025.

Ubwo IGIHE yasuraga iri torero mu gitondo cyo ku wa 15 Mutarama 2024 aho ryitoreza, twatunguwe no gusanga umuraperi OG The General yaramaze kuryinjiramo.

Mu kiganiro na IGIHE, Cyogere uri mu buyobozi bw’iri torero, yemeje ko OG The General ari kwitoza ndetse yamaze kwinjira muri iri torero ku buryo abazitabira igitaramo cyabo bazabasha kumubona ahamiriza.

Ati “Mbere y’uko aba umuraperi, ni Umunyarwanda, buriya guhamiriza bimuri mu maraso kuko na Se Albert Rudatsimburwa yari intore ikomeye, ntekereza ko nk’Umunyarwanda kuza mu itorero ari amahitamo meza.”

Iri torero rigizwe n’Intore zavuye mu Itorero Ibihame by’Imana, ribarizwamo abarimo Ruti Joel, Cyogere, Gatore Yannick n’izindi ntore zifite amazina akomeye mu Rwanda.

Cyogere uri mu bayoboye izi ntore yijeje abakunzi b’umuhamirizo ko abazitabira igitaramo cyabo bazatahana ibyishimo kuko bamaze amezi atatu bitoza.

Ati “Tumaze amezi atatu twitoza, navuga ko ubu twiteguye n’iyo baduha umukino none aha twawukina rwose. Abazitabira byanze bikunze bazataha bishimye kuko tubahishiye ibintu byiza cyane.”

Kuri uyu wa 15 Mutarama 2025 kandi, Butera Knowless n’umugabo we Ishimwe Clement bari basuye iri torero aho ryitoreza ku ‘Ingabo Museum’ ku musozi wa Rebero.

Amatike yo kwinjira muri iki gitaramo yamaze kugera ku isoko
Itorero Ishyaka ry'Intore ryitoreza ku Ingabo Museum iherereye ku musozi wa Rebero
Ishyaka ry'intore ni itorero rigizwe n'abasore barimo abavuye mu Ibihame by'Imana
Ruti Joel ni umwe mu bagize Itorero Ishyaka ry'Intore
Imyitozo yari yaryohanye Ruti Joel
Imyitozo y'aba basore nayo iba ikarishye
Aha bitozaga uko bavuza ikondera
Ruti Joel na Cyogere mu ngamba
Umuraperi OG Da General yinjiye mu itorero ‘Ishyaka ry’intore’
OG Da General aganira na Ruti Joel ku myitozo barimo
OG Da General asigaye ari umunyamuryango witorero 'Ishyaka ry'intore'
OG The General mu ngamba yitegura igitaramo cy'Ishyaka ry'intore
OG Da General amaze kumenya guhamiriza ku rwego rw'uko ajyana n'izindi ntore ntaho asigaye
Cyogere uri mu buyobozi bw'Ishyaka ry'intore yijeje umunyamakuru wa IGIHE ko imyiteguro bayigerereye ndetse biteguye ku buryo ikibatindiye ari itariki
Ubwo Butera Knowless n'umugabo we Ishimwe Clement bageraga aho itorero Ishyaka ry'intore ryitoreza
Uretse kubasura mu myitozo, Butera Knowless yafashe amashusho ahamagarira abantu kuzitabira iki gitaramo
Butera Knowless n'umugabo we Ishimwe Clement basuye Ishyaka ry'intore mu myitozo

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .