00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwenya Chipukeezy ukubutse i Kigali, yahawe inshingano mu biro bya Perezida wa Kenya

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 26 March 2025 saa 11:52
Yasuwe :

Umunyarwenya Vincent Mwasia Mutua wamamaye nka Chipukeezy unaheruka i Kigali mu minsi ishize aho yari yatumiwe mu gitaramo cya Gen-Z Comedy, yahawe inshingano mu biro bya Perezida wa Kenya.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Chipukeezy yashimiye Perezida wa Kenya, William Ruto wamugiriye icyizere amuha umwanya mu biro bye nk’umuyobozi wungirije ushinzwe ’Protocole’ n’ibirori mu biro bye.

Chipukeezy wari mu Rwanda mu minsi ishize yasusurukije abitabiriye igitaramo cya ‘Gen-Z Comedy’ cyabaye ku wa 23 Mutarama 2025, anitabira umuganda rusange wabaye kuri uyu wa 25 Mutarama 2025.

Mu butumwa yatambukije ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwitabira umuganda, Chipukeezy yavuze ko yishimiye kwitabira umuganda rusange.

Ati “Ni ibintu byanshimishije kwitabira umuganda rusange, ni iby’agaciro kubona Abanya-Afurika bashyira hamwe bakikorera ibibateza imbere, ni kimwe mu bintu numva najyana iwacu muri Kenya, nibyo koko ibibazo by’Abanya-Afurika nibo bakwiye kubyikemurira.”

Chipukeezy w’imyaka 34 y’amavuko, yamenyekaniye mu bitaramo bitegurwa na Churchill kuva mu 2013.

Kuva mu 2018 kugeza mu 2019, yatangiye gukora ikiganiro cye ‘The Chipukeezy Show’ cyatambukaga kuri ‘Ebru TV’.

Mu 2021, Chipukeezy yatowe nk’umuyobozi wungirije ushinzwe kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ku rwego rw’Igihugu.

Umunyarwenya Chipukeezy yahawe inshingano mu biro bya Perezida wa Kenya
Chipukeezy ubwo aheruka i Kigali yakiriwe na Fally Merci wari wamutumiye muri Gen-Z Comedy
Ubwo aheruka i Kigali, Chipukeezy yitabiriye umuganda rusange
Umunyarwenya Chipukeezy niwe wakiriye Israel Mbonyi ubwo aheruka muri Kenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .