00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwanda VJ Spinny afungiye muri Uganda kubera umukobwa wapfiriye mu kabari ayobora

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 23 March 2025 saa 09:47
Yasuwe :

Kalisa Joseph ukomoka mu Rwanda umaze kwamamara mu kuvanga imiziki muri Uganda nka VJ Spinny, n’umuvandimwe we, Mugabo Edward bafungiye muri iki gihugu nyuma y’urupfu rw’umukobwa wapfiriye mu kabari bayobora.

Aba basore bombi bafunzwe mu gihe hari gukorwa iperereza ku rupfu rw’umukobwa w’imyaka 23 witwa Martha Ahumuza Murari, wapfiriye mu kabari ka Mezo Noir Kampala.

Daily Monitor yatangaje ko Martha Ahumuza Murari witabye Imana, bikekwa ko yarozwe. Amakuru yatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kampala, Patrick Onyango, agaragaza ko ku wa 21 Werurwe 2025 aribwo Polisi yataye muri yombi aba basore nyuma y’urupfu rw’uyu mukobwa wari wasangiye n’umwe muri bo.

Ati “Nyakwigendera yahuye n’inshuti ye, Mugabo Edward, umucungamutungo w’akabari, Saa Munani z’ijoro, banywera hamwe kugeza Saa Cyenda n’igice, nyuma bimukira mu biro by’umuyobozi aho nta byuma bifata amashusho bihari.”

Bivugwa ko Martha Ahumuza Murari yahise agwa igihumure muri ibyo biro, Mugabo ahita abimenyesha mukuru we VJ Spinny. Bahise bamujyana igitaraganya ku bitaro bya Kampala, aho yashyizwe ku byuma bimufasha guhumeka neza ariko birangira ashinzemo umwuka atahamaze igihe kinini.

Onyango yakomeje avuga ko abo bavandimwe bombi bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kira Road, mu gihe iperereza ku rupfu rwa Ahumuza rikomeje.

Kugeza ubu aka kabari ka Mezo Noir gaherereye ahitwa Kololo muri Kampala, ubuyobozi bwako bwatangaje ko kabaye gafunzwe by’agateganyo, kakaba kazafungura mu minsi iri imbere.

VJ Spinny ufunzwe mu gihe hari gukorwa iperereza ku cyahitanye Ahumuza Murari, yavukiye mu Mujyi wa Kigali, akaba yaratangiye kwiyumvamo impano yo kuvanga imiziki mu 2010 akiri mu mashuri yisumbuye muri Lycée de Kigali (LDK). Uyu musore yagiye acurangira mu Rwanda mu bihe bitandukanye ndetse yaherukaga i Kigali mu gitaramo ‘The New Year Groove’ cya The Ben.

Martha Ahumuza Murari yitabye Imana mu gihe umwaka ushize yari yasoje kaminuza. Se w’uyu mukobwa, Seth Murari asanzwe ari Umuhuzabikorwa w’Imikino n’Imyidagaduro ku rwego rw’Igihugu mu Biro by’Umuyobozi w’ishyaka National Resistance Movement (NRM) ndetse akaba n’Umujyanama wa Perezida Museveni mu by’imikino.

Uyu mukobwa arahekezwa bwa nyuma uyu munsi tariki 23 Werurwe 2025 ndetse ashyingurwe mu irimbi riherereye i Mbarara.

VJ Spinny yaherukaga mu Rwanda mu mpera z'umwaka ushize aho yacuranze mu gitaramo cya The Ben
VJ Spinny afungiye muri Uganda
Urupfu rwa Martha Ahumuza Murari ruracyarimo urujijo ndetse benshi bakomeje kurwibazaho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .