00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyamakuru Kalex yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bitegura kurushinga

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 December 2024 saa 09:57
Yasuwe :

Kavukire Alex wamamaye nka Kalex kuri Radio Isango Star, by’umwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bitegura kurushinga mu minsi iri imbere.

Kuri uyu wa 24 Ukuboza 2024, mu Murenge wa Jabana niho Kalex yasezeraniye n’umugore we Angelique Uwayezu bitegura kurushinga.

Nk’uko bigaragara ku mpapuro z’ubutumire ku batumiwe muri ubu bukwe, zihamya ko ubu bukwe buzaba ku wa 5 Mutarama 2025.

Kuri uwo munsi saa tatu za mu gitondo hazaba umuhango gusaba no gukwa uzabera mu Karere ka Nyanza mu Rukali, mu gihe saa munani azahasezeranira imbere y’Imana, hanyuma abatumiwe babe ari na ho bakirirwa.

Kalex umaze kumenyekana mu kiganiro Isango na Muzika ndetse na Sunday Night ni umwe mu banyamakuru b’imyidagaduro bagezweho muri iyi minsi.

Uyu musore uretse kuba akora ku Isango Star, yamenyekanye cyane kuri radio Huguka ari naho yamamariye.

Byari ibyishimo kuri Kalex n'umugore we bari bagiye gusezerana
Mbere yo gusezerana babanzaga kuganira
Umugore wa Kalex nawe yarahiriye kubana n'uyu munyamakuru wa Isango Star
Kalex yarahiye kubana akaramata n'umugore we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .