00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umubyeyi we yitabye Imana ku munsi yavutseho! Abaraperi batunguye Fireman ku isabukuru ye (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 January 2025 saa 11:19
Yasuwe :

Ku mugoroba wo ku wa 4 Mutarama 2025, abaraperi bahuriye mu mushinga ‘Icyumba cya Rap’ batunguye Fireman bamukorera ibirori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko, ku munsi udasanzwe ku buzima bwe dore ko ari na bwo uyu muraperi yaburiyeho umubyeyi we.

Uyu muraperi yishimiye bikomeye ibirori yakorewe cyane ko byari byanatumiwemo umubyeyi wa Jay C wamureze, anafata umwanya wo kumushimira.

Ati “Njye itariki ya kane Mutarama ivuze ikintu gikomeye kuri njye, ni umunsi navutseho ni na yo umubyeyi wanjye yaje kwitabaho Imana […] ubuzima bwaje kungora nyuma Jay C anjyana mu rugo abwira umubyeyi we ko bandera tukabana.”

Fireman yavuze ko atajyaga yizihiza isabukuru y’amavuko kuko ari wo nyina yitabiyeho Imana.

Uyu mugabo yaje guhura na Kabera Charlotte waje kuba umugore we, isezerano bakoze ku itariki ya 4 Mutarama, byongera agaciro k’uyu munsi kuri Fireman.

Fireman yaboneyeho n’umwanya wo gusaba imbabazi, ati "Reka mbonereho nsabe imbabazi buri muntu wese naba naratengushye kubera ko nigeze kugambanira icyizere cyanyu. Ni igikomere ngendana ku mutima ariko murabizi ko ntabwo nkunda guhemuka. Nagambaniye icyizere cyanyu ariko kuri iyi nshuro byibuza ndabibona ko ndacyafite abantu."

Fireman washimiye uyu mubyeyi wamureze ndetse amugenera impano, ati “Sinakuvaniramo aho, naguteguriye impano izakubera akabando k’iminsi.”

Iyi mpano yari Bibiliya Ntagatifu.

Uyu mubyeyi yasobanuye uko yahuye na Fireman, ati “Namuzaniwe n’umwana wanjye. Ambwira amateka ye ndamwakira n’umutima mwiza ndamubwira ngo naze ajye mu bandi murerane namwe. Mu bushobozi buke nari mfite Imana yaramfashije ndabarera.”

Green P wari witabiriye uyu mugoroba, yavuze ko ku bwe kuba iki gikorwa cyabayeho ari ikimenyetso cyo gushyira hamwe hagati y’abakora injyana ya Hip Hop.

Ati “Njye bakibimbwira numvaga ari ibintu bidashoboka, kuko natwe ubwacu uko twiyizi ntabwo twumvaga ko twahuriza ahantu nk’aha tutari mu muziki, ni ubwa mbere duhuye gutya ku gikorwa nk’iki.”

Uyu muraperi yanashimiye umugore wa Fireman, ashimangira ko "yaramuhinduye ubuzima."

Riderman na we yavuze ko yishimiye kwifatanya na Fireman, ati "Mu makuru make mfite numvise itariki ya 4 Mutarama ari umunsi ukomeye cyane, nkimara kubyumva numvise ari ibintu by’ibitangaza, harimo ibyiza n’ibibi ariko ntabwo duheranwa n’agahinda dushaka ibyiza tukaba ari byo tujyana na byo."

Umugore wa Fireman yashimiye abitabiriye iki gikorwa, ahamya ko kuba bakiriho ndetse babana ari ibintu bakesha abantu, anaboneraho gusabira umugisha abitabiriye iki gikorwa.

Iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye na Ma Africa iri gutegura igitaramo ’Icyumba cya Rap’ giteganyijwe kubera muri Camp Kigali ku wa 10 Mutarama 2025, cyitabiriwe n’abaraperi hafi ya bose bazacyitabira.

Abaraperi bahurijwe hamwe mu gitaramo cyiswe 'Icyumba cya Rap'
Mucoma na we yari yateguye ibyo kurya
Fireman yatangiye yerekana abitabiriye iki gikorwa
Jay C ni we wari umusangiza w'amagambo
Ni ibirori byitabiriwe na benshi mu baraperi bahuriye mu 'Icyumba cya Rap'
Fireman yashimiye buri umwe witabiriye iki gikorwa
Wari umugoroba wo gusangira no gusabana
Fifi (ubanza ibumoso), umugore wabyaranye na Jay Polly imfura yari yitabiriye ibi birori ari kumwe na Green P
Fireman yashimiye abarimo Diplomate bitabiriye igikorwa cyo kumushyigikira
Riderman ni umwe mu bitabiriye ibi birori
Wari umunsi w'ibyishimo kuri Fireman
Fireman yashimiye P Fla wabashije kwitabira ibi birori
Green P na we yari mu bitabiriye ibi birori
Ibyishimo byari byose kuri P Fla wabonaga inshuti ye iri kwizihiza isabukuru y'amavuko
Danny Nanone na we yari mu bitabiriye ibi birori
Padiri yabanje gusabira umugisha urugo rwa Fireman ndetse anahesha umugisha ibirori bari bagiye gukora
Mu isengesho rye, Padiri yasengeye umuryango wa Fireman
Riderman yibukije Fireman ko uretse kuba ari abaraperi bagenzi be ari n'abafana be
Mu ijambo rye, Riderman yibanze ku kwerekana ko kuba abaraperi bitabiriye iki gikorwa ari uko bakunda Fireman
Ku rundi ruhande, Fireman ahamya ko umugore we yamuhinduriye ubuzima
Fireman ahamya ko kuba akiriho abikesha uyu mubyeyi
Fireman yakorewe ibirori byo kwizihiza isabukuru y'amavuko
Fireman yashimiye umubyeyi wa Jay C wamureze akiri umwana
Green P yiyegereza umutsima ngo Fireman awegere bawukatane
Fireman yahawe impano ya Bibiliya n'umubyeyi wamureze
Fireman n'umugore we bakatanye umutsima wo kwizihiza isabukuru y'imyaka 35 amaze avutse
Uyu mubyeyi yahaye Fireman impano
Umubyeyi wa Jay C yavuze ko yareze Fireman amubwiwe n'umuhungu we
Green P uri mu bakuranye na Fireman yavuze ko amuzi nk'umukozi
Bushali n'umugore we ndetse na Zeotrap bari bitabiriye ibi birori

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .