00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Akari ku mutima wa Musengimana wahimbye ‘Azabatsinda’ nyuma yo gusuhuza Perezida Kagame

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 July 2024 saa 09:45
Yasuwe :

Musengimana Beatha wakoze indirimbo ‘Azabatsinda’ akomeje kugaragaza ibyishimo bidasanzwe nyuma yo gukabya inzozi zo kuririmbira imbere ya Perezida Kagame ndetse bikarangira anabashije kumuramutsa.

Nyuma y’uko ahuye na Perezida Kagame, ku nshuro ye ya mbere akanamukora mu biganza, Musengimana Beatha yavuze ko ibyishimo afite atigeze abigira mu bundi buzima bwe bwose.

Ati “Nyuma yo gukora indirimbo ‘Azabatsinda’ inzozi zanjye zari ukuzaririmbira imbere ya Perezida Kagame, none byarazirenze nanamukoze mu biganza, narishimye mu magambo make nakubwira ko ari umunsi wanjye wageze.”

Musengimana yavuze ko ibiri kumubaho ari ibitangaza atigeze arota mu nzozi ze, cyane ko atari we wari umuhanzi ukomeye wo gukora indirimbo iri mu zakunzwe cyane mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Ubwo IGIHE yaherukaga gusura Musengimana n’Itorero ‘Indashyikirwa mu Mihigo’ ryo mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagali ka Kidahwe, yahamije ko kimwe mu byo bifuza ari uko bazabyinana na Perezida Kagame intsinzi.

Ati “Icyifuzo cyacu ni uko twazabyinana intsinzi na Perezida Kagame, n’ubwo n’iyi ndirimbo ari iy’intsinzi ariko tuzaba dufite indi noneho tubyinane nawe twishimira intsinzi.”

Musengimana Beatha yaramukije Perezida Kagame atahana akanyamuneza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .