00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzikazi Bel yakeje Awilo Logomba wamuremyemo icyizere cyo gukora umuziki

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 April 2025 saa 07:56
Yasuwe :

Uwase Belinda winjiranye mu muziki izina rya Bel, yongeye gushimira Awilo Logomba, umwe mu bari bagize akanama nkemurampaka ka ‘The Voice Africa,’ ahamya ko ari we wamuremyemo icyizere cyo gukora umuziki.

Bel ni umwe mu banyempano bari bitabiriye irushanwa rya ’The Voice Africa’ ryabaye mu 2023 icyakora ntiryabasha kurangira kubera impamvu z’abariteguye.

Yifashishije imbuga nkoranyambaga, Bel yashimiye Awilo Logomba wamuhaye amahirwe yo kurenga icyiciro cya mbere cy’iri rushanwa yari yitabiriye ibyo ahamya ko byamuremyemo icyizere cyo kuba yakora umuziki.

Ati “Tariki 1 Mata 2023 nibwo Bel yavutse, ndibuka ubwo nabwiraga inshuti zanjye ko ngiye kwitabira ’The Voice Africa’ ariko benshi nta cyizere bampaga, yewe nanjye ubwanjye ntacyo nari nifitiye."

Uyu mukobwa wigeze kubwira IGIHE ko ubwo yitabiraga ’The voice Africa’ yari inshuro ye ya mbere agiye gutaramira imbere y’imbaga y’abantu, ahamya ko ijoro ryo ku wa 31 Werurwe 2023 ryamuteye ubwoba cyane kuko yari amaze kwibonera abaririmbyi b’impano itangaje basezererwaga muri iri rushanwa, bituma akomeza kwitakariza icyizere.

Ni umukobwa wavuze ko icyo gihe yiyumvaga nk’urwaye, ariko yiyemeza guhatana.

Bel wahatanye akoresheje indirimbo ‘Listen’ ya Beyonce, ijwi rye ryaje kwishimirwa bikomeye na Awilo Logomba wari mu kanama nkemurampaka amuha amahirwe yo kurenga icyiciro cya mbere amushyize mu ikipe y’abaririmbyi yari yiyemeje gutoza.

Uyu mukobwa ahamya ko gutoranywe na Awilo Logomba byamuremyemo icyizere yari yaribuzemo ahita yumva ko ashobora no gukora umuziki.

Ati “Mu by’ukuri yanyizereyemo na mbere y’uko nanjye nizera ibyo nshobora gukora ibyo nakoraga. Nigiye byinshi mu gihe gito twamaranye kuko hari byinshi yanyigishije mu bijyanye n’ubuhanzi.”

Uyu mukobwa ahamya ko icyizere yagiriwe na Awilo Logomba arico cyatumye yiyumvamo ko ibyo yagiyemo yabikomeza akaba yanakomeza umuziki uyu munsi yamaze kwinjiramo.

Bel ni umwe mu bahanzikazi bashya, mu minsi ishize yashyize hanze EP ye ya mbere yise ‘The chronicles of broken hearts’ igizwe n’indirimbo eshanu zirimo ‘The Ghost of your smile’, ‘The meeting’, ‘The Color of gray’, ‘Letting go’ na ‘The Chronicles continued’.

Bel yashimiye Awilo Logomba wamugiriye icyizere cyatumye nawe yiyizera mu muziki
Bel aherutse kwinjira mu muziki ahita anasohora EP ye ya mbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .