00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzi Cyusa Ibrahim yibarutse ubuheta

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 December 2024 saa 12:52
Yasuwe :

Cyusa Ibrahim uri mu bahanzi bihebeye umuziki gakondo, amaze amezi ane yaragize ibanga inkuru y’uko yibarutse ubuheta yabyaranye na Twagiramungu Nadia bari banafitanye imfura.

Amakuru IGIHE yabonye ni uko Cyusa yibarutse umwana w’umukobwa mu mezi ane ashize.

Inkuru yo kubyarana ubuheta n’uyu mugore babyaranye imfura yabo isa n’itunguranye mu matwi y’abakurikirana imyidagaduro yo mu Rwanda, kuko hari hashize igihe uyu muhanzi avugwa mu rukundo na Usanase Nadjima.

Byaje kuvugwa ko umubano wa Cyusa na Nadjima wajemo agatotsi nyuma y’igitaramo uyu muhanzi yakoreye muri Camp Kigali muri Kamena 2024.

Uyu muhanzi ubusanzwe yavutse tariki 13 Nyakanga 1989; avukira i Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Uyu musore wamamaye mu ndirimbo nka Muhoza wanjye na Marebe yasubiyemo ndetse n’izindi nka Imparamba, avuka kuri Rutare Pierre inzobere bwubatsi ufite ibigwi i Kigali, wanagize uruhare rukomeye mu iyubakwa rya zimwe mu nyubako z’i Kigali mu gihe cye harimo n’imisusire y’amasangano yo mu mujyi rwagati (Rond Point). Yanamamaye mu mukino wa Basketball na Volleyball.

Cyusa ni umuvandimwe wa Stromae na we uri mu bahanzi bakomeye ku Isi wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Papaoutai’, ‘Alors on danse’, ‘Formidable’, ‘Racine carrée’ n’izindi.

Cyusa Ibrahim yamaze kwibaruka ubuheta
Cyusa yabyaranye ubuheta n'umugore babyaranye imfura ye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .