TMZ yanditse ko uyu mugore witwa Kirsten Corley yahisemo kwaka gatanya ku wa 13 Ukuboza 2024, nyuma y’imyaka itanu bari bamaze babana.
Muri Mata uyu mwaka bari batangaje ko bahisemo kuba batandukanye, ubwo biteguraga kwaka gatanya, ariko Kirsten kuri ubu akaba ari we wagaragaje ubushake bwo gufata iya mbere ayaka.
Ntabwo haramenyekana uburyo gatanya y’aba bombi iteye ku bijyanye no kwita ku bana babiri bafitanye bakiri bato; Kensli na Marli, gusa ubwo batangaza ko bahisemo kuba batandukanye bavuze ko bazakomeza gufatanya kurera abana babo.
Chance The Rapper na Kirsten barushinze mu 2019, mu birori byabereye mu Mujyi wa California bikitabirwa n’abarimo Kim Kardashian, Kanye West na Dave Chappelle.
Mu 2013 nibwo batangiye gukundana ndetse kuva icyo gihe akenshi Chance The Rapper yifashishaga urukundo rwabo mu bihangano bye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!