00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umufana wa APR FC wacitse ku kibuga, yihebeye FC Barcelona, Man City na Messi - Cyusa Ibrahim yiniguye

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 1 May 2024 saa 11:23
Yasuwe :

Cyusa Ibrahim yahishuye ko ari umufana ukomeye wa FC Barcelona wihebeye Lionel Messi akaba n’umukunzi wa Man City kubera umutoza wayo Pep Guardiola mu gihe mu Rwanda yihebeye APR FC nubwo yacitse ku kibuga kubera kutanyurwa n’imitegurire y’imikino.

Uyu muhanzi mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, ahishura ko ari umufana wa FC Barcelona, ibyanamuviriyemo kugenda yimukana n’abayubatsemo izina.

Kuri ubu asigaye ari umufana wa Manchester City kubera umutoza wayo Pep Guardiola wahoze atoza FC Barcelona akanayubakiramo izina bikomeye.

Uretse izi kipe, Cyusa ni umufana ukomeye wa Inter Miami ikinamo Lionel Messi akunda ku rwego rwo hejuru.

Ati “Ubundi ndi umufana wa FC Barcelona, cyera niyo gusa nifaniraga ariko hari ukuntu nagiye nimukana n’abayirimo, ubu nsigaye ndi umufana wa Man City kubera umutoza wayo, nkanafana Inter Miami kubera Lionel Messi.”

Uyu muhanzi ahamya ko urukundo akunda ruhago rwakomejwe na Lionel Messi, agahamya ko mu gihe uyu rutahizamu wa Inter Miami azaba asezeye ruhago, na we urukundo rwayo ruzaba rumaze kugabanuka.

Mu Rwanda Cyusa ni umukunzi wa APR FC ariko udakunze kujya kureba imikino yayo kuko yabihiwe n’uko imikino yo mu Rwanda itegurwa.

Ati “Mu Rwanda nunga mu rya Perezida wacu, uretse urukundo rwo kuba ari umupira wacu, ujya ku kibuga ukareba ukuntu umuntu akina ukabona […] ni ibintu byasubiye inyuma.”

Cyusa utibuka neza igihe aherukira ku kibuga kureba imikino ya APR FC, yavuze ko yacitse ku kibuga kuko yabonaga imyiteguro y’umukino ikorwa mu buryo budashamaje.

Ati “Nabara inshuro nagiye kuri stade kureba imikino. Naragendaga buri gihe nkumva umwanya nafashe, igihe bintwaye, nshobora kwishima kuko ikipe yanjye yatsinze ariko nkareba uburyo yabiteguyemo nkabona ntabwo biri ku rwego rwo hejuru, ariko ntekereza ko bizaza vuba aha.”

Cyusa Ibrahim ni umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki gakondo, kuri ubu akaba ari mu myiteguro y’igitaramo cye yise Migabo giteganyijwe ku wa 8 Kamena 2024.

Ni igitaramo uyu muhanzi azakorera muri Camp Kigali, kugeza ubu akaba amaze gutangaza Itorero Inganzo Ngari riri mu bazamufasha.

Cyusa yavuze ko asanzwe ari umufana wa FC Barcelona na Man City wihebeye Lionel Messi, akaba n'umukunzi wa APR FC wacitse ku kibuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .