00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko Saranda wakuze adakunda sinema yisanze imugize icyamamare (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 February 2025 saa 04:50
Yasuwe :

Ubusanzwe amazina ye ni Mutoni Saranda Oliva akaba umwe mu bakinnyi ba sinema bamaze kubaka izina mu Rwanda nubwo abifatanya n’ubusizi na bwo afatwamo nk’umwe mu bakobwa bake babutinyutse.

Nubwo Saranda amaze kubaka izina, ahamya ko atari ibintu yakuze akunda, habe no kuba umukunzi wa filime rwose.

Uretse kuba atarazikundaga, Saranda ahamya ko ubwo yageragezaga kwinjira mu byo kuzikina iwabo batamurebye neza kuko bamubujije bigasaba kubikora yiyibye.

Ni inkuru ndende y’urugendo rw’uyu mukobwa umaze kumenyekana muri sinema y’u Rwanda kubera filime zirimo ‘Indoto’ na ‘The Scret’ zamugize icyamamare.

Avuga uko yinjiye muri sinema bimutunguye, Saranda yagize ati “Ubundi sinema nyinjiramo si ibintu natekereje cyangwa nateguye, si ibintu nakundaga rwose nkubwije ukuri.”

Uyu mukobwa ahamya ko bitewe n’ahantu yakuriye ndetse n’ibyo yize yumvaga azaba umu pilote cyangwa umuganga, ati “Ntabwo nari nzi ko ubuzima bwanyerekeza muri sinema.”

Saranda utarakundaga sinema yaje gutungurwa n’inshuti ye yitwa Eric Ngabikwiye wayoboye filime yitwa ‘The Scret’ amusaba ko yamufasha agakinamo.

Uyu mukobwa utarumvaga ko iwabo bazanamenya ko akina filime yemeye kujya kuyikinamo ariko na bwo ari uburyo bwo gufasha inshuti ye.

Ibyari filime ngufi, byaje guhinduka nyuma y’uko iyi yari yakinnyemo yari imaze gukundwa cyane ubuyobozi bwayo bufata icyemezo cyo kuyigira uruhererekane.

Ubwo bari bamusabye ko yakomeza gukina muri iyi filime mu buryo buhoraho, Saranda yegereye musaza we (ari na we wamureraga) amubwira ko agiye gukina filime undi amubera ibamba.

Saranda wari watangiye kwiga muri Kaminuza, yatangiye kujya ajya gukina yihishe cyane ko musaza we yari yamuhakaniye.

Ati “Musaza wanjye yamenye ko nkina filime ubwo iyo nakinagamo ‘The Scret’ yari igeze kuri saison ya kabiri, na bwo yari abibwiwe n’abaturanyi bamubwiye ko bamfana.”

Nubwo musaza we yamurakariye, Saranda avuga ko atigeze amubuza gukomeza gukina filime.

Uyu mukobwa wari umaze gukunda sinema, yaje kubona amahirwe yo kwinjira muri ‘Zacu Entertainment’ bamukinisha mu yitwa ‘Indoto’ yanarushijeho kumugira icyamamare noneho aninjiza amafaranga.

Uretse Saranda watangiye adakunda ibya sinema, n’iwabo batari bamushyigikiye bagiye babona iterambere rye bahitamo kumushyigikira, kuri ubu agahamya ko atunzwe no gukina filime.

Saranda wakuze adakunda sinema kuri ubu uretse kuba imutunze imaze no kumugira icyamamare
Saranda azwi cyane muri filime nka 'Indoto' na 'The Scret' zatumye amenyekana cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .