00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko mushiki wa Fally Merci yabaye imbarutso yo gutumira Nzovu na Yaka muri Gen-Z Comedy

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 19 February 2025 saa 04:51
Yasuwe :

Ku mbuga nkoranyambaga inkuru y’imyidagaduro ikomeje kurikoroza ni igitaramo cya ‘Gen-Z Comedy’ cyatumiwemo Yaka ndetse na Nzovu bamaze iminsi babica bigacika bitewe n’urwenya rwabo.

Aba bagabo bategerejwe mu gitaramo cya Gen-Z Comedy kizaba ku wa 20 Gashyantare 2025, bafatwa nk’abanyarwenya bamenyerewe mu biganiro binyuranye bitambuka ku ma shene atandukanye ya Youtube, bigakundwa n’abatari bake.

Mu kiganiro na IGIHE, Fally Merci usanzwe ategura Gen-Z Comedy yavuze ko atari yatekereje gutumira aba bagabo, icyakora ahamya ko mushiki we ari we wabaye imbarutso yo kubatumira.

Ati “Ubwo nari ndi gutegura iki gitaramo, mushiki wanjye yari ari kureba amashusho y’ibiganiro baba bakoze arangije arambwira ati ariko wazatumiye aba bagabo ko bazi gusetsa.”

Fally Marci avuga ko uretse mushiki we, na we yari asanzwe akurikira ibiganiro by’aba bagabo, azi neza ukuntu basusurutsa Abanyarwanda bituma afata icyemezo cyo kubatumira.

Ati “Aba bagabo ni abantu bazi gusetsa, iyo urebye ukuntu abantu babakunda n’ukuntu batanga ibyishimo, nanjye nahise mbyumva vuba kuba nabahuza n’abakunzi babo noneho bagataramana imbonankubone.”

Byitezwe ko aba banyarwenya bazasusurutsa abazitabira igitaramo cya Gen-Z Comedy giteganyijwe ku wa 20 Gashyantare 2025.

Ni igitaramo gitegerejwemo abandi banyarwenya nka MC Kandii & Musa, Luck Baby, Salisa, Isacal, Pirate na Pilote bo muri Gen-Z Comedy aba bakazafatanya na Joshua mu gihe Lucky Nzeyimana ari we mutumirwa w’umunsi.

Yaka na Nzovu ni bamwe mu banyarwenya bagezweho ku mbuga nkoranyambaga
Yaka na Nzovu batumiwe muri Gen-Z Comedy isoza ukwezi kwa Gashyantare 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .