00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

King James yashyize hanze indirimbo yatuye abakundana kuri ‘Saint Valentin’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 February 2025 saa 12:32
Yasuwe :

King James yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Ndagushaka’ yakoranye n’umuhanzikazi Mutima, ikaba iya mbere mu zigize album ye ya munani yise ‘Gukura’ izaba igizwe n’indirimbo 10.

Iyi ndirimbo ya mbere igiye hanze kuri album nshya ya King James, ahamya ko ari impano yahaye abakunzi ku munsi wahariwe abakundana ‘Saint Valentin’.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, King James yavuze ko yahisemo gukorana iyi ndirimbo na Mutima yari amaze imyaka itandatu abonye agakunda ijwi rye bikomeye.

Ati “Mu gihe cyahise nabonye indirimbo ‘Kuch kuch’ yari yasubiranyemo n’abandi bahanzi nkunda ijwi rye, rero ryangumyemo birangira dukoranye iyi ndirimbo.”

King James wari warumvise ijwi ry’uyu mukobwa mu 2019 yaje kumushaka asanga yimukiye muri Tanzania icyakora bashaka uko bahuza barakorana.

Mutima ni umwe mu banyeshuri bize umuziki mu ishuri ry’u Rwanda ry’umuziki icyakora mu minsi yashize yaje kwimukira muri Tanzania, aho asigaye atuye.

Iyi album nshya ya King James igizwe n’indirimbo icumi, mu gihe ikurikiye iyo yise ‘Ubushobozi yari igizwe n’indirimbo 17.

Ijwi rya Mutima ryanyuze King James bituma amwifashisha mu ndirimbo ye nshya 'Ndagushaka'
King James yasohoye indirimbo ya mbere iri kuri album ye ya munani 'Gukura'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .