00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihe bishaririye mu rukundo Cyusa yanyuzemo byashibutsemo indirimbo ’Isengesho’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 April 2024 saa 11:23
Yasuwe :

Nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya yise ‘Isengesho’, Cyusa Ibrahim yahishuye ko yayikomoye mu bihe bishaririye yanyuzemo mu minsi ishize ubwo yabaga asumbirijwe n’imijugujugu y’abakunzi b’imyidagaduro bamuhora ibyemezo yabaga yafashe mu rukundo.

Ibi Cyusa yabikomojeho mu kiganiro yagiranye na IGIHE nyuma yo gusohora iyi ndirimbo ye nshya.

Yemeza ko iyi ndirimbo ikubiyemo isengesho yajyaga atera mu minsi ishize nyuma yo gusumbirizwa n’imijugujugu y’abanengaga ibyemezo bye mu rukundo.

Ati “Sinavuga ngo ni nde cyangwa nde, abakurikiye ibihe nanyuzemo mu minsi ishize barabizi ko ndi mu bagarutsweho cyane kubera amahitamo atandukanye nabaga nafashe mu rukundo. Urebye ukuntu abantu bose basamiraga hejuru inkuru zanjye benshi bakanyibasira byatumye numva inganzo ije nkora iyi ndirimbo."

Cyusa avuga ko yanditse iyi ndirimbo nyuma yo gushaka uruhare rwe mu nkuru zagiye zimugarukaho agatekereza ko nawe hari aho yabaga atitwaye neza, bityo ahitamo gutera isengesho asaba Imana kumuhindura.

Ati "Byatumye ntekereza nsanga nshobora nanjye kuba ntari umutagatifu bituma numva ngomba guca bugufi ngasaba Imana imbaraga zo guhindura amateka nkaba uwo ishaka ndetse yishimira. Ni ukuri irakora, none se uracyanyumva muri ibyo bintu?"

Nubwo ateruye ngo avuge inkuru y’urukundo yatumye ahimba iyi ndirimbo, benshi baribuka urwe na Jeanine Noach rwamenyekanye mu 2021.

Kuva bakundanye kugeza batandukanye, Cyusa na Jeannine yabaga ari amazina abanza mu binyamakuru by’imyidagaduro hano mu Rwanda ndetse no ku mbuga nkoranyambaga.

Uretse kuba inkuru zabo zitarasibaga kugarukwaho, abakunzi b’umuziki ndetse n’imyidagaduro muri rusange ntabwo basibaga kwibasira uyu muhanzi bamushinja gukundana n’umugore umuruta, mu gihe aho batandukaniye nabwo atorohewe n’abamushinjaga guhemukira umugore wamuhaye urukundo rwe.

Ku rundi ruhande ariko, Cyusa asohoye iyi ndirimbo mu gihe ari mu myiteguro y’igitaramo ‘Migabo’ kizabera muri Camp Kigali ku wa 8 Kamena 2024.

Cyusa ari mu myiteguro y'igitaramo cye Migabo
Cyusa yasohoye indirimbo yashibutse ku isengesho yateraga ubwo yabaga asumbirijwe n'imijugujugu y'abakunzi b'imyidagaduro bamuhora ibyemezo bye mu rukundo
Inkundura yo gutandukana na Jeannine Noach ishobora kuba ariyo yaviriyemo Cyusa indirimbo ‘Isengesho’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .