00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Alyn Sano yavuze uko kwima amatwi abamubuzaga kubaho uko ashaka byashibutsemo indirimbo

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 17 February 2025 saa 11:20
Yasuwe :

Alyn Sano yatangaje ko hari igihe yabayeho aganzwa no gukurikiza amarangamutima y’abantu bamwe bashakaga ko akora ibyo bashaka bikamudindizaga mu buzima busanzwe no mu muziki nyuma akaza gufata icyemezo cyo kubaho akurikiza umutimanama we.

Uyu muhanzikazi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, nyuma yo gushyira hanze indirimbo yise “Fire” avuga ko yakomoye ku buzima yabayeho mu bihe byashize.

Ati “Iyi ni indirimbo y’umuntu ushaka kubaho ubuzima budafite kwita ku buryo abantu bamusaba kubaho. Mbese kubaho uko ushaka atari uko abantu bashaka ko ubaho.”

Akomeza avuga ko atari ibintu yapfuye gutekereza gutyo gusa, ahubwo na we byagiye bimubaho mbere atarisobanukirwa.

Ati “Nanjye byambayeho. Urabona kwa kundi umuntu abaho muri sosiyete, imubwira ngo ugomba gukora ibi. Ibi nibyo byiza, ibi si byiza. Ukabaho uko udashaka ngo ni ugushimisha abantu. Ni ibintu nahanganye na byo, abambwiraga ngo wambara gutya wabigenza gutya, abambwiraga ko nahindura inshuti ndetse nkagira imyitwarire imwe ndeka. Ibi byose, naje kubirenga mpitamo gukora ibinshimisha.”

Aly Sano yashyize hanze iyi ndirimbo mu gihe yitegura gushyira hanze album ye ya kabiri. Iyi izaza ikurikira iyo yise “Rumuri”.

Alyn Sano avuga ko hari igihe cyageze abantu benshi bagashaka kumufataho ijambo ari nabyo byatumye ahindura imitekerereze akabima amatwi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .