00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Rurageretse hagati ya Pallaso na Alien Skin

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 3 January 2025 saa 08:07
Yasuwe :

Abahanzi b’Abanya-Uganda Pallaso na Alien Skin, bakozanyijeho ubwo igikundi cya Alien Skin cyatezaga akavuyo aho Pallaso yari yakoreye igitaramo akahava atarangije kuririmba.

Byabaye ku wa Gatatu tariki 1 Mutarama 2025, ubwo Pallaso yari ari kuririmba muri “The Empele Festival”. Uyu muhanzi yatunguwe n’igikundi cya Alien Skin cyateje akavuyo, ubwo yaririmbaga ndetse bituma ava muri iri serukiramuco atarangije kuririmba.

Ntabwo byarangiye muri icyo gitaramo, kuko amashusho yagiye hanze agaragaza Pallaso mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 2 Mutarama 2025 we n’igikundi cye batera mu rugo rwa Alien Skin ruri muri Makindye bakangiza ibintu bitandukanye.

Mu bintu abasore ba Pallaso bangije harimo imodoka ndetse n’amadirishya y’inzu ya Alien Skin. Bivugwa ko Pallaso hari indirimbo ari gukora yo kwibasira Alien Skin.

Ibi bintu byabaye byaje byiyongera ku bindi bikorwa by’urugomo Alien Skin amaze iminsi ashinjwa.

Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga basabye Leta, kuba yagira icyo yakora ngo hatazagira ibindi bikorwa by’urugomo byongera kuba hagati y’aba bahanzi.

Alien Skin mu minsi yashize yarafunzwe azira ibikorwa by’urugomo, aza gufungurwa atanze ingwate.

Imodoka ya Alien Skin yarangijwe
Pallaso n'igikundi cye bazindukiye mu rugo rwa Alien Skin, bangiza ibintu byinshi
Si ubwa mbere aba bahanzi bakozanyijeho kuko no mu 2023 habayeho ibikorwa by'urugomo nk'ibi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .