00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umunyarwandakazi Gloria Bugie yitotombeye abategura ‘Zzina Awards’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 February 2025 saa 09:42
Yasuwe :

Nyuma yo kwimwa igihembo na kimwe muri bitatu yahataniraga muri ’Zzina Awards’, Gloria Buggie yifatiye ku gahanga abategura ibi bihembo bigenerwa abahanzi baba bakoze cyane buri mwaka muri Uganda.

Uyu mukobwa ahamya ko atagikeneye ibihembo by’umuziki bitangirwa muri Uganda, akemeza ko umuziki we uzivugira kurusha uko wavugirwa n’ibihembo yahawe.

Aya magambo yuzuye uburakari, Gloria Bugie yayagarutseho nyuma yo kwitabira ibirori byo gutanga ibihembo bya ’Zzina Awards’ bitegurwa na ’Galaxy TV’ yo muri Uganda, agataha amaramasa.

Uyu mukobwa utahiriwe muri Zzina Awards yari ahatanye mu byiciro bitatu birimo icya ‘Best contemporary urban song’ ku bw’indirimbo ye ‘Nyash’, icya ‘Best Afrobeat song’ ku bw’indirimbo ye ‘See me’.

Yari ahatanye kandi mu cyiciro cy’abahanzi bashya bari kwitwara neza muri Uganda, ‘Breakthrough artist’.

Gloria Bugie ni umwe mu bahanzikazi bashya ariko bagezweho muri Uganda. Ni Umunyarwandakazi wanatangiriye umuziki i Kigali nubwo bitamuhiriye, agahita ajya gushakishiriza muri Uganda.

Uretse kuba ari umuhanzikazi ugezweho, Gloria Bugie asanzwe akunze kurikoroza muri Uganda kubera imyambarire ye idakunze kuvugwaho rumwe cyane ko akunze kugaragara mu ruhame yambaye imyenda igaragaza imiterere y’umubiri we.

Mu minsi ishize bwo uyu mukobwa yakunze kugarukwaho mu itangazamakuru nyuma y’uko hagiye hanze amashusho ye y’urukozasoni.

Gloria Bugie yitotombeye abategura ‘Zzina Awards’
Laika nawe ni undi Munyarwandakazi ukorera umuziki we muri Uganda utahatanaga muri ibi bihembo ariko wari witabiriye ibi birori

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .