00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tukowote yahishuye ko amaze gukina muri filime 161

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 27 March 2025 saa 06:48
Yasuwe :

Umukinnyi wa Filime Ilunga Longin benshi bamenye nka Tukowote yatangaje ko iyo benshi bamumenyeyemo ya ‘Bamenya series’ yari iya 74 muri filime 161 amaze gukina.

Tukowote ari mu bakinyi ba sinema babimazemo igihe cyane ko yatangiye uyu mwuga mu 2008, bisobanuye ko ubu yujuje imyaka 17 akina filime.

Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, Tukowote yahishuye ko byibuza kugeza magingo aya amaze gukina muri filime 161 cyane ko kuva yatangira gukina iyo akinnyemo yose ayandika.

Ati “Kimwe mu bintu bibazo tugira ni uko tudakunze kwandika, usanga ibintu byacu nta nyandiko wabisangamo nyamara tuba twakoze. Njye rero kuva natangira gukina buri filime nkinnyemo ndayandika.”

Uyu mugabo w’imyaka 53 yavuze ko yinjiye muri sinema nyuma yo gutangira gukunda filime akiri umwana muto.

Ati “Njye navukiye i Bukavu, ni naho nakuriye nubwo twaje gutaha mu Rwanda nyuma. Hariya rero hari ukuntu hubatswe ibyumba berekaniragamo filime cyera ku buryo wasangaga umuntu yiba ibiceri mu rugo kugira ngo ajye kuzireba. Aho rero niho nakuye urukundo rw’ibyo nkora uyu munsi.”

Uyu mugabo watangiye gukina filime afite imyaka 36, yavuze ko yabitangiye adashyigikiwe n’abo mu muryango we batahise babyishimira cyane ko uyu mwuga wari utaratangira gutanga umugati ku bawukoraga.

Icyakora nubwo mu rugo bamucaga intege bahamya ko ibyo yari agiyemo ari iby’abana, urukundo rwa sinema yari yarakuranye rwatumye yemera kubikora ndetse abinambaho kugeza ubwo uyu munsi ariko kazi kamutunze kandi akaba ari umwe mu bagezweho mu Rwanda.

Uyu mugabo watangiriye kuri filime ‘Igitambo’, uretse ‘Bamenya’ yatumye yamamara, muri iyi minsi ya vuba ari kugaragara mu zindi zamenyakanye cyane nka ‘My heart’, ‘The Bishop’, ‘Kaliza wa Kalisa’ n’izindi nyinshi.

Ku myaka 17 amaze muri sinema, Tukowote amaze gukina muri filime 161

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .