Iki gitaramo cyari gikurikiye icyabereye mu Karere ka Musanze ku wa 24 Gashyantare 2025, cyabereye ahitwa ‘Public Beach’ ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Rubavu.
Bitewe n’uko uruhushya ababitegura bari bafite rwari urwo kugeza Saa Yine z’ijoro, abategura ibi bitaramo babonye ko Chriss Eazy yakererewe kuhagera banga kwica amasaha basabye bahitamo gufata icyemezo cyo kutamikoresha, ni mu gihe ariko kandi Mico The Best we yafatiwe n’uburwayi mu Karere ka Rubavu.
Kutaririmba kwa Chriss Eazy na Mico The Best gusobanuye ko abahanzi bataramiye abakunzi babo barimo Senderi Hit, Yampano, Juno Kizigenza, Bwiza ndetse na Bushali.
Ibi bitaramo byatangiriye mu Karere ka Musanze ku wa 25 Gashyantare 2025, byakomereje i Rubavu ku wa 26 Gashyantare 2025 mbere y’uko byerekeza i Huye ku wa 28 Gashyantare 2025.
Bigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki baba bitabiriye ibirori bya Tour du Rwanda, biba biyobowe na DJ Brianne afatanyije na Tasha The DJ ndetse na MC Lucky, byitezwe ko bizasorezwa i Kigali ku wa 02 Werurwe 2025.



















Amafoto: Kwizera Remy Moses
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!