00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tour du Rwanda Festival: Abarimo Mico The Best, Bwiza na Chris Eazy bashimishije Abanya-Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 3 March 2025 saa 10:47
Yasuwe :

Ibitaramo bya ‘Tour du Rwanda Festival’ biherekeza isiganwa ry’amagare byari biri kuba ku nshuro ya gatatu, byasorejwe mu Mujyi wa Kigali nyuma yo kuzenguruka intara zitandukanye z’u Rwanda abahanzi barimo Senderi International Hit, Mico The Best n’abandi bagasusurutsa abakunzi b’amagare n’ababo muri rusange.

Ibi bitaramo byasorejwe muri ‘Car Free Zone’ mu Mujyi rwagati, biririmbamo abahanzi bakomeye mu muziki w’u Rwanda.

Senderi International Hit ni we wabimburiye abandi bahanzi ku rubyiniro. Uyu muhanzi uri mu bakundwa na benshi kubera ibihangano bye bikora ku mitima y’urubyiruko n’abakuru kuva mu myaka isaga 20 ishize, yaririmbye indirimbo ze benshi baranyurwa.

Imwe mu ndirimbo yaririmbye yashimishije abari bitabiriye ni iyo yise “Jalousie” amaze imyaka isaga 20 ashyize hanze.

Senderi yakurikiwe na Mico The Best na we waririmbye indirimbo zirimo “Umunamba”, “Twivuyange” yahuriyemo n’abarimo Uncle Austin, Afrique, Marina na Bushali, “Millionnaire”, “Ubunyunyusi” yakoranye na Riderman, “Igare” n’izindi zitandukanye.

Mico The Best yakurikiwe na Niyo Bosco winjiye ku rubyiniro aririmba indirimbo ze zitandukanye zakunzwe. Mu zo yaririmbye harimo “Ishyano”, “Seka”, “Ubigenza Ute” n’izindi.

Bushali we yaririmbye indirimbo zirimo “Moon” yahuriyemo na Khaligraph Jones wo muri Kenya iri no mu zo aheruka gushyira hanze, “Nakumena Amaso” yakoranye na Kivumbi, “Tugendane”, “Kurura” yakoranye na Juno Kizigenza, “Nituebue” yakoranye na Slum Drip na B-Threy, “Ku Gasima” n’izindi.

Uyu muraperi rukumbi waririmbye mu Mujyi wa Kigali, yakurikiwe na Chriss Eazy na we wahagurukije benshi binyuze mu bihangano bye birimo indirimbo nka “Bana” yakoranye na Shaffy, “Sambolela”, “Inana”, “Edeni” n’izindi.

Bwiza ni we washyize akadomo kuri iki gitaramo. Uyu mukobwa ugezweho mu Rwanda yari ategerejwe mu bihangano bye byakunzwe nka “Ogera” yahuriyemo na Bruce Melodie baririmbiye Perezida Paul Kagame.

Ibi bitaramo byatangiriye mu Karere ka Musanze ku wa 25 Gashyantare 2025, bikomereza i Rubavu ku wa 26 Gashyantare 2025, byerekeza i Huye ku wa 28 Gashyantare 2025, bisorezwa mu Mujyi wa Kigali ku wa 2 Werurwe 2025. Bigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki baba bitabiriye ibirori bya Tour du Rwanda.

Umuyobozi muri RRP+, Deo Mutambuka, yaganirije urubyiruko ku byiza byo kwirinda Virusi itera SIDA ndetse mu gihe umuntu yaba yagezwemo na virusi iyitera akihutira gufata imiti
Mico The Best ni umwe mu bahanzi bagaragarijwe urukundo n'abakunzi b'umuziki muri Kigali
Niyo Bosco ni umwe mu basusurukije abari bitabiriye iki gitaramo
Lucky yahamagaye umusore ufite ubumuga amusabira inkunga
Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n'abiganjemo urubyiruko
Chriss Eazy imbere y'abakunzi be
Chriss Eazy yaririmbye indirimbo ze zitandukanye
Bushali yaririmbye ibihangano bye bitandukanye
Bwiza yishimiwe mu ndirimbo zirimo iyo yise 'Ogera' yahuriyemo na Bruce Melodie
Bamwe bahatanaga no gufata ifoto y'umwimerere ya Chriss Eazy

Amafoto: Cyubahiro Key


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .