00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tom Close yateguje izindi album ziri mu Cyongereza

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 March 2025 saa 10:25
Yasuwe :

Nyuma yo gusohora album yise ‘Essence’, Tom Close yateguje izindi zigizwe n’indirimbo zikozwe mu Cyongereza, ndetse ashimangira ko adafite gahunda yo gukora indirimbo album y’indirimbo ziri mu Kinyarwanda.

Ibi Tom Close yabigarutseho mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE ubwo yakomozaga ku kamaro ka album ‘Essence’ aherutse gukora iri mu Cyongereza.

Ati “Mfite izindi album z’Icyongereza 100%, ariko ntabwo nirengangiza abakunzi banjye batacyumva niyo mpamvu nyuzamo ngasohora indirimbo nka ‘Cinema, Niyo ikamena,…’ ariko sinteganya gukora album y’Ikinyarwanda.”

Tom Close yujuje imyaka 20 amaze atangiye umuziki kuko yawinjiyemo mu 2005 ubwo yari amaze gushinga itsinda ‘Afro-Saints’ ryari rigizwe n’abaririmbyi bane.

Iri tsinda ryabashije gukora indirimbo eshanu hagati ya 2006-2007 icyakora rigorwa no guhita ryamamara, mu Ugushyingo 2007 nibwo Tom Close ku giti cye yasohoye indirimbo ye ya mbere ayita ‘Mbwira yego,’ ikundwa ku rwego rwo hejuru.

Nyuma yo gufatisha izina, Tom Close yahise akora album yise ‘Kuki’ yamuritse mu 2008, kuva ubwo ntiyongera kwiha agahenge kuko kugeza mu 2013 yari amaze gusohora izindi album enye zirimo Si beza, Ntibanyurwa, Komeza utsinde na Mbabarira ugaruke.

Kuva ubwo Tom Close yahise yiha akaruhuko ko gusohora album yongera gushyira hanze iyo yise ‘Essence’ yasohotse mu 2023.

Tom Close yateguje izindi album ziri mu Cyongereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .