Ibi Theo Bosebabireba yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo yari abajijwe uko ubuzima bw’umugore we umaze igihe arwaye buhagaze.
Kuva mu Ugushyingo 2024, umugore wa Theo Bosebabireba yarembejwe n’indwara y’impyiko yafashe ize zose zikangirika.
Akomoza ku buzima bw’umugore we, Theo Bosebabireba yagize ati “Aracyarwaye, aracyajya kwivuza kenshi nubundi nk’ibisanzwe. Icyo kwishimira ni uko yabonye uzamuha impyiko ubu dutegereje ko ku wa Gatanu tariki 4 Mata 2025 ibitaro byitiriwe Umwami Faisal bizaduha gahunda tukamenya igihe bazayimuhera.”
Umugore wa Theo Bosebabireba mu gihe atarahabwa impyiko, yivuza byibuza gatatu mu cyumweru aho inshuro imwe agiye gukoresha ‘Dialyse’ bimusaba kwishyura ibihumbi 100Frw.
Theo Bosebabireba ahamya ko byari kuba ari ibintu bigoye ndetse atari kuba yarishoboje iyo atagira abantu bamubaye hafi bakamuha ubushobozi butuma uyu munsi akibasha kuvuza umugore we.
Uyu muhanzi ahamya ko nyuma y’uko abantu bamenye ko umugore we arwaye bagerageje kumuba hafi ndetse bamufasha kubona ubushobozi bwatumye umugore we yivuza nta munsi n’umwe asibye.
Theo Bosebabireba ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bakunzwe mu Rwanda. Yamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Bose Babireba’ yanitiriwe, ‘Kubita utababarira’, ‘Ikiza urubwa’ n’izindi nyinshi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!