00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twinjirane mu birori byaherekeje BAL i Kigali byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 June 2024 saa 03:29
Yasuwe :

Ibyamamare bitandukanye na benshi mu byamamare byitabiriye imikino ya BAL yari imaze igihe ibera i Kigali, bahuriye mu birori byo kwishimira uko yagenze banashimira ikipe ya Petro de Luanda yegukanye igikombe.

Amagana y’abari mu itsinda ryateguye iyi mikino n’abashyitsi bayitumiwemo bari bakoraniye muri Camp Kigali mu ijoro ryo ku wa 1-2 Kamena 2024.

Ni ibirori byitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abahanzi, abanyamideli ndetse n’abandi banyuranye bari batumiwe ngo basangire bishimira uburyo imikino ya BAL yagenze.

Imikino ya BAL yasojwe Petro de Luanda yo muri Angola yegukanye igikombe itsinze Al Ahly Benghazi amanota 107-94, mu mukino warebwe na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Mu bantu b’ibyamamare bakurikiye iyi mikino harimo umuhanzikazi w’Umunya-Kenya, Victoria Kimani, uwo muri Tanzania Jux, umunyarwenya w’Umunyamerika ukomeue ku isi yose Dave Chapelle, umunya-Nigeria Mr Eazi wubatse izina mu muziki na Maglera Doe Boy uzwi mu myidagaduro muri Afurika y’Epfo.

Mu bandi bitabiriye iyi mikino harimo Boris Frederic Cecil Tay-Natey Ofuatey-Kodjoe wamamaye isi nka Boris Kodjoe muri sinema y’Isi, Bien-Aimé Baraza wamamaye mu itsinda rya Sauti Sol ryo muri Kenya , Adekunle Gold na Sandy Lal usanzwe ari umu-DJ ukomeye uvanga imiziki ya Hip Hop muri Amerika.

Hari kandi Kialana Glover usanzwe ari umukinnyi wa filime ukomeye muri Amerika n’umugore wa Ludacris, Eudoxie Mbouguiengue, umukinnyi wa filime w’Umunya-Kenya Jacky Vike cyangwa se Awinja nawe ni umwe mu bitabiriye imikino ya BAL ndetse agaragaza ko yishimiye kuza mu Rwanda.

Abakinnyi ba filime bakomoka muri Afurika y’Epfo Bontle Moloi na Pearl Thusi wamamaye nka Queen of Sono bari mu bitabiriye imikino ya BAL.

Muri Camp Kigali hari hateguwe aho gufatira ifoto y'urwibutso
Byari ibyishimo ku bakunzi b'umukino wa Basketball bari batumiwe muri ibi birori
Bakiva muri BK Arena bikojeje ku ma hoteli kwitunganya berekeza ahagombaga kubera ibirori bya 'After party'
Ihema rya Camp Kigali ryari ryarimbishijwe
Ikipe ya Petro de Luanda yari yatumiwe kwishimira igikombe cyayo muri ibi birori
Byari ibyishimo kuri Petro de Luanda
Wari umwanya mwiza wo kwishimana nyuma y'iminsi y'akazi kenshi
DJ Loft ni umwe mu basusurukije abari bitabiriye ibi birori
Ihemba ryari ryateguriwemo ibi birori ryari ryakubise ryuzuye
Imikino ya BAL yasize akanyamuneza mu bakunzi ba Basketball
Juma Jux afatira ifoto ahabereye ibi birori
Juma Jux na Maglera Doe Boy umuraperi wo muri Afurika y'Epfo ubwo bari bageze ahabereye ibi birori
The Ben yageze ahabereye ibi birori ari kumwe na Uwicyeza Pamella
Maglera Doe Boy yataramiye abitabiriye ibi birori
Benshi mu nkumi n'ubundi zifashishijwe mu kwamamaza BAL zanatumiwe muri ibi birori
DJ Fully Focus ni we wagombaga gususurutsa abakunzi b'umuziki bitabiriye ibi birori
Ubwitabire muri ibi birori bwari hejuru
Jeannine Noach yari mu batumiwe muri ibi birori
Sacha Kate akigera ahabereye ibi birori
Jeannine Noach na Sacha Kate bafatanye ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .