00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Teyana Taylor yatandukanye n’umugabo we asigarana ibirimo inzu z’arenga miliyoni 10$

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 14 March 2025 saa 07:25
Yasuwe :

Umuhanzikazi ubifatanya no gukina filime, Teyana Taylor, yamaze guhana gatanya na Iman Shumpert, aho yayivanyemo ibintu by’igiciro cyinshi birimo n’inzu enye zifite agaciro karenze miliyoni 10$.

Uraranganyije amaso mu binyamakuru by’imyidagaduro byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no ku mbuga nkoranyambaga, inkuru ikomeje kugarukwaho cyane ni ibyavuye muri gatanya ya Tayana Taylor na Iman Shumpert wahoze akinira Brooklyn Nets.

Amakuru avuga ko uretse inzu za miliyoni 10$ Teyana Taylor yegukanye ibirimo imodoka zihenze zirimo iya Maybach ifite agaciro ka 300.000$ hamwe na Mercedes Sprinter ifite agaciro ka 70.000$ ndetse na bisi. Ndetse uyu mugore azakomeza kugira ububasha ku bushabitsi bwe bwose.

Iman Shumpert yategetswe kujya yishyura indezo y’abana babiri babyaranye ingana na 8000$ buri kwezi, ndetse akanajya abishyurira amashuri.

Abinyujije kuri Instagram Teyana Taylor yagize ati “Binyuze mu mucyo njye na Iman twatandukanye. Kugira ngo byumvikane neza kutizerana ntabwo ari yo ntandaro yo gutandukana. Turacyari inshuti, abafatanyabikorwa mu bucuruzi bakomeye ndetse turacyafatanya mu bijyanye no kurera abana bacu b’abakobwa.”

Ibi bikimara gutangazwa, byasamiwe hejuru na benshi bavuze ko Teyana Taylor yungukiye cyane muri iyi gatanya, ko uyu mugabo asize amutwaye umutungo mwinshi.

Nyamara ibi byatewe utwatsi na Nyina wa Teyana usanzwe ari nawe mujyanama we witwa Nikki Taylor. Yatangarije The Shade Room ko imitungo umukobwa we yahawe ari yo yari yaraguze akirikumwe n’umugabo we.

Yagize ati “Uko ibinyamakuru biri gutangaza iyi nkuru, siko biri. Ntabwo Teyana yatwaye umutungo wa Iman, ibyo yahawe ni byo yari yaraguze bakibana. Bari bafite isezerano ryo kutavanga imitungo”.

Yongeyeho kandi ko impande zombi yaba Teyana na Shumpert bose bahawe imitungo muri gatanya, gusa akaba atumva impamvu hatangajwe ibyahawe uyu muhanzikazi gusa.

Yanasobanuye ko nubwo aya makuru amenyekanye ubu, nyamara gatanya yabo bayisinye ku wa 01 Nyakanga 2024.

Icyakora nubwo benshi batangariye umutungo Teyana Taylor yakuye muri gatanya, asanzwe na we atunze agatubutse kuko umutungo we ubarirwa muri miliyoni 5$, mu gihe uwa Shumpert batandukanye ubarirwa muri miliyoni 16$.

Teyana Taylor na Iman Shumpert batandukanye mu 2023 bari bamaranye imyaka umunani barushinze, ndetse banabyaranye abana babiri b’abakobwa. Bahoze muri ‘Couple’ z’ibyamamare zikomeye muri Amerika.

Teyana Taylor yahawe imitungo y’agaciro muri gatanya ye na Iman Shumpert
Teyana Taylor na Iman batandukanye bari bamaranye imyaka umunani
Teyana Taylor na Iman babyaranye abana babiri b’abakobwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .