00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Teta Sandra yakubitiwe i Kampala

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 December 2024 saa 09:57
Yasuwe :

Weasel yatangaje ko umuhanzi mugenzi we, Chagga wanabaye umujyanama wa Good Lyfe, aherutse gukubita umugore we, Teta Sandra ndetse ahamya ko ikibazo yamaze kukigeza mu butabera.

Amashusho Weasel yasangije abamukurikira, agaragaza Teta Sandra abanza guterana amagambo na Chagga, undi na we yivayo amukubita ingumi mu maso icyakora abari aho bahita bahagoboka.

Amakuru ava i Kampala avuga ko Weasel na we ashobora kuba yarihimuye kuri uyu muhanzi, icyakora byo ntibyabasha kugaragara mu mashusho.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Weasel yagize ati “Birababaje cyane kuba umuntu uherutse gukubita umugore wanjye ari we noneho uvuga ko arwaye kandi arwariye mu bitaro. Mu cyumweru gishize namuhaye amahirwe yo gusaba imbabazi umugore wanjye, ariko ntiyabikora. Bahora bifuza ko twakoresha urugomo, ariko nahisemo kureka amategeko agakurikirana icyo kibazo. Nizeye ko ubutabera buzagerwaho.”

Aya makuru agiye hanze mu gihe hashize iminsi bivugwa ko Weasel na Teta Sandra baba bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo.

Weasel yavuze ko atumva ukuntu umuntu wamukubitiye umugore kuri ubu ari we uvuga ko arembeye mu bitaro, ahamya ko atiteguye kwihorera ahubwo yabihariye amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .