00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tessy yakomoje ku munsi yabonye Christopher agasuka amarira (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 31 March 2025 saa 03:42
Yasuwe :

Gatesi Divine uzwi nka Tessy muri sinema y’u Rwanda muri filime nka ‘Kaliza wa Kalisa’ na ‘The Bishop family,’ yahishuye ko ari umufana w’umuhanzi Kenny Sol ariko wakuze akunda Christopher.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro ‘Kulture Talk’ na IGIHE aho yagize ati "Ndi umufana w’imbere wa Kenny Sol kuva yatangira gukora umuziki, natangiye kumukunda kuva ari muri Yemba Voice. Indirimbo ze zose ndazikunda cyane rwose. Akora indirimbo nziza, azi kuririmba mbega umuziki we uraryoha cyane.”

Uyu mukobwa yahishuye ko mbere yikundiraga Christopher ku rwego rw’uko hari igihe yigeze kumubona agasuka amarira mu ruhame.

Ati “Christopher naramukundaga ku buryo hari n’ubwo twigeze guhura ndarira. Wenda ntiyabyibuka kuko aba yarahuye n’abantu benshi. Hari mu 2014 nkiri umwana muto ku ishuri, twari twagiye muri siporo rusange kuri stade ari we wagombaga kudususurutsa, mubonye bijyanye n’uko namukundaga ndarira bikomeye.”

Tessa ahamya ko uwo munsi yahagiriye ibihe bidasanzwe kuko yari ahahuriye n’umuhanzi yakundaga ndetse anahahurira na Nyampinga w’u Rwanda, Miss Kayibanda Mutesi Aurore.

Ati “Uwo munsi sinawibagirwa kuko Miss Aurore yaranantahanye angeza mu rugo […] nshobora kuba narabajije cyane akanyikundira birangira adutahanye mu modoka njye n’inshuti zanjye.”

Tessy uherutse kwegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka muri sinema y’u Rwanda, yinjiye mu bijyanye no gukina filime mu 2020 ubwo yatangiraga gukina filime bise ‘The Secret’.

Tessy azwi cyane muri filime nka 'Kaliza wa Kalisa' na 'The Bishop family' za Zacu Entertainment
Tessy asanzwe ari umufana ukomeye wa Kenny Sol
Tessy ntajya yibagirwa umunsi yahuye na Christopher kwihangana bikanga agasuka amarira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .