Ni ubukwe bwabereye muri Tanzania, bwitabirwa n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro muri iki gihugu barimo Ommy Dimpoz, Diamond Platnumz waserukanye na Zuchu, Enioluwa Adeoluwa wamamaye ku mbuga nkoranyambaga muri Nigeria n’abandi batandukanye.
Priscilla Ajoke Ojo asanzwe ari umwana wa Iyabo Ojo wubatse izina muri sinema muri Nigeria. Jux mu 2024 nibwo yerekanye uyu mukobwa nyuma yaho atandukanye na Karen Bujulu bahoze bakundana.
Aba bombi batandukanye ku mpamvu zitamenyekanye. Inkuru yo gutandukana kw’aba bombi byahamijwe n’uko muri Mata 2024, Juma yagaragaye asomana n’Umunyamideli Huddah Monroe.
Jux yakundanye n’abandi bakobwa barimo Vanessa Mdee batandukanye uyu mugore agashakana na Rotimi, banamaze kubyarana abana babiri barimo umukobwa witwa Imani wavutse mu 2023 n’umuhungu witwa Seven wo muri Nzeri 2021.













TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!