00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Suède: The Ben agiye guhurira mu gitaramo n’abarimo Ya Levis na Timaya

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 March 2025 saa 02:59
Yasuwe :

The Ben yatumiwe mu bitaramo bya ‘One Love Music Festival’ biteganyijwe muri Suède kuva ku wa 15 kugeza ku wa 16 Kanama 2025, akazataramana n’abahanzi barimo Ya Levis, Timaya, Rayvanny na Tyler Icu.

Uyu muhanzi yamaze kugera i Burayi, aho azabanza gushyigikira Bwiza mu gitaramo cyo kumurika album ye ya kabiri yise ‘25 Shades’.

Uretse abahanzi bavugwa haruguru, ‘One Love Africa Festival’ izaririmbamo abandi bahanzi nka Young Jonn, Dody Obams, Bella Hot Hot, Anthony Sky n’abandi benshi.

Uretse iki gitaramo, The Ben arateganya gukora ibindi bitaramo bizenguruka ibihugu binyuranye by’i Burayi birimo n’icyo azahita akurikizaho kizabera mu Budage.

The Ben yatumiwe muri ibi birori, mu gihe umwaka ushize byari byatumiwemo Bruce Melodie, icyakora birangira akuwe ku rutonde rw’abagombaga kukiririmbamo ku munota wa nyuma ku mpamvu itarigeze isobanurwa n’impande zose.

Nubwo ariko kandi nta ruhande rwavuze impamvu Bruce Melodie atigeze yitabira iki gitaramo, amakuru yandi yavugaga ko yahawe Visa atinze, bituma amatariki yacyo agera atarabona ibyangombwa byatuma agera i Burayi.

The Ben ateganya gukora ibi bitaramo byose ari nako arushaho kumenyekanisha album ye nshya ‘The Plenty Love’ aherutse gusohora.

The Ben ategerejwe mu gitaramo 'One Love Africa Music'
Iki gitaramo The Ben azagihuriramo n'abahanzi b'amazina akomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .