00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shizzo yambitse impeta umunyamakuru Tessy (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 15 June 2025 saa 02:42
Yasuwe :

Umuraperi Shizzo yambitse impeta umunyamakuru Tessy wubatse izina rikomeye, cyane cyane agikora kuri Isango Star.

Ni ibirori byabereye mu Mujyi wa Dubai mu ijoro ryo ku wa 14 Kamena 2025, bibera imbere y’inshuti zabo zirimo Habimana Hussen Eto’o uzwi muri Rayon Sports ndetse n’umuhanzikazi Bwiza.

Inkuru y’urukundo rwa Tessy na Shizzo yatangiye kumenyekana mu mpera za 2024, ariko impande zombi ziryumaho.

Gusa bakunze kubwirana amagambo menshi ku mbuga nkoranyambaga, bigatuma benshi batera hejuru, bakavuga ko iby’aba bombi biri kugana aheza.

Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, uyu mukobwa yanze kwerura iby’urukundo rwe n’uyu musore, ati “Shizzo ni inshuti yanjye, mwita Papa Ju, we akanyita Mama T, mutegereze niba bihari muzabibona. Igihe kirarema niba hari ibihari muzabibona niba nta bihari ubwo nta bihari.”

Shizzo uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yaherukaga kuvugwa mu nkuru z’urukundo ubwo yakundanaga na Alliah Cool baje gutandukana mu 2020.

Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy ni umwe mu bari bamaze igihe bakora ku Isango Star aherutse no gusezeraho, ubu asigaye mu kiganiro ‘This & That’ gitambuka kuri Shene ya YouTube ahuriyeho na Blandy Star.

Shizzo ashyize ivi ku butaka yasabye Tessy ko bazabana
Ibyishimo byari byose
Batangiye urugendo rwo kwitegura kubana akaramata
Habimana Hussen Eto'o wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda yari yaherekeje Shizzo
Bwiza yaherekeje Tessy i Dubai

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .