00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sherrie Silver yahuriye n’ibizazane mu rugendo yakoze yitabiriye ‘Trace Awards & Festival’

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 23 February 2025 saa 11:24
Yasuwe :

Umubyinnyi w’Umunyarwandakazi Sherrie Silver ari mu gahinda nyuma yo kuburira imizigo mu rugendo yakoze yerekeza muri Zanzibar, aho we n’abana babarizwa muri Sherrie Silver Foundation yashinze, batumiwe kubyina mu birori bya Trace Awards & Festival, bigiye kubera muri iki gihugu.

Sherrie Silver yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko yari yagenze mu ndege ya Ethiopian Airlines, ariko akaza gutungurwa no kubura imizigo ye n’iy’abo bari bari kumwe yari irimo imyambaro bari kwifashisha muri ibi birori.

Yanditse ati “Natengushywe mu buryo bukomeye na Ethiopian Airlines. Nyuma yo kugura amatike 10 y’indege y’itsinda ryanjye, iyi sosiyete yataye imizigo yanjye yari yuzuyemo imyenda yanjye y’iki gitaramo gikomeye. Hashize iminsi itatu, ariko barambwira ko batayibonye! Ndababaye cyane, sinzi icyo nakora. Ndi kwiyumva nk’udafite aho apfunda imitwe.”

Ibirori bya Trace Awards and Festival uyu mukobwa n’itsinda rye bari bitabiriye, bagomba kubyinamo bigiye kubera muri Zanzibar.

Ibi birori bizatangirwamo ibihembo bya Trace Awards bizatangwa bizaba ku wa 26 Gashyantare 2025. Ibi birori bizahera kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025, habaho iserukiramuco rya Trace rizamurikirwamo ibikorwa bitandukanye byerekeye imyidagaduro.

Uretse Sherrie Silver watumiwe muri ibi birori, Israël Mbonyi ni we Munyarwanda wenyine uhatanye muri Trace Awards.

Ahatanye mu cyiciro cy’umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana mwiza. Iki cyiciro kiri muri 24 byashyizwe muri ibi bihembo, aho ahatanye n’abandi bahanzi barimo Spirit of Praise 10 bo muri Afurika y’Epfo na KS Bloom wo muri Côte d’Ivoire.

Harimo kandi abanya-Nigeria Mercy Chinwo na Ada Ehi ndetse na Bella Kombo wo muri Tanzania unaheruka mu Rwanda mu gitaramo cyo gufata amashusho ya album nshya y’umuhanzi Mudende Eddy Claude [Eddy Muramyi].

Sherrie Silver yahuriye n'uruva mu rugendo yakoze yerekeza muri Zanzibar
Sherrie yabuze imizigo yari irimo imyambaro yari kuzajyana ku rubyiniro rwa Trace Awards

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .