00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sheebah yaciye amarenga yo kwita umwana we izina ry’Ikinyarwanda

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 15 December 2024 saa 11:52
Yasuwe :

Bwa mbere umuhanzikazi wo muri Uganda Sheebah Karungi, yagaragaje isura y’umwana we w’imfura amaze iminsi mike yibarutse, ndetse aca amarenga yo kumuha izina ry’Ikinyarwanda.

Uyu mugore yabikoze yifashishije urubuga rwa Instagram yashyizeho ifoto ye, ateruye uyu mwana w’umuhungu.

Uyu mwana Karungi yatangaje ko yamwise Little Bird ku mbuga nkoranyambaga, ariko mu magambo yashyize ku ifoto amuteruye aca amarenga yo kumwita amazina ry’Ikinyarwanda.

Ati “Reka Nkwite Keza, Umwiza, Bwezaaa..”

Aya magambo Sheebah yakoresheje asa n’ari mu ndirimbo ya T Paul na Lydia Jasmine bise ‘Sawa Sawa’.

Inkuru yo kubyara kwa Sheebah Karungi byari byaragoranye ngo imenyekane ndetse byaravuzwe ariko amara igihe abyamaganira kure. Nyuma mu Ukwakira nibwo yabyemeje.

Yaje kwibaruka mu Ugushyingo uyu mwaka.

Sheebah yabaye igihe kinini mu Rwanda ndetse yabaye umubyinnyi ahitwaga kwa Nyira Rock.

Sheebah yaciye amarenga yo kwita umwana we izina ry’Ikinyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .