00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sandrine Isheja yatangiye kumvikana mu kiganiro ’Magic Morning’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 January 2025 saa 10:50
Yasuwe :

Sandrine Isheja uherutse kugirwa Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA, yatangiye kumvikana mu kiganiro ’Magic Morning’ ahuriyemo n’abarimo Mazimpaka Japhet na Uwingabiye Anick.

Kuva ku wa Mbere tariki 20 Mutarama 2025, Sandrine Isheja yatangiye kumvikana kuri Magic FM iri muri radio za RBA, mu kiganiro cya mu gitondo kizwi nka ‘Magic Morning.’

Iki kiganiro kiri mu byakozwemo impinduka mu minsi ishize kuko cyongewemo Uwingabiye Anick afatanyije na Mazimpaka Japhet.

Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi wa radio za RBA, Divin Uwayo, yavuze ko Isheja azajya yumvikana muri iki kiganiro.

Ati "Urumva ni umuyobozi, hari igihe bizajya biba ngombwa ko agira izindi nshingano ariko mu gihe ahari nta kabuza abakunzi ba Magic FM bazakomeza kumwumva mu kiganiro Magic Morning."

Iyi radio iherutse gukorwamo izindi mpinduka mu biganiro byayo bitatu, amakuru akavuga ko iri gutegura ikindi kiganiro gishya mu minsi iri imbere.

Mu mpinduka zabaye muri Magic FM, harimo umuhanzi Passy Kizito wamaze gushyirwa mu kiganiro ‘Magic on Point’ azajya akorana na Yvonne Ingabire mu gihe Ines Ghislaine wagizwe Umuyobozi wungirije wa radiyo za RBA, na we yongerewe mu kiganiro ‘Magic Drive’ gisanzwe gikorwa na Robert Mackenna.

Mazimpaka Japhet na Uwingabiye Anick bahurira mu kiganiro Magic Morning kizajya kinumvikanamo Sandrine Isheja
Passy Kizito na Ingabire Yvonne bakorana ikiganiro bise 'Magic on Point'
Ines Ghislaine na Robert Mckenna bari gukorana ikiganiro 'Magic Drive'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .