00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sam Zuby yatangije ubukangurambaga bugamije gufasha abatishoboye bamukunda

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 16 March 2025 saa 07:23
Yasuwe :

Umunyarwenya Muco Samson wamamaye nka Samu Zuby mu itsinda rya Zuby Comedy, yatangije ubukangurambaga bwo gufasha abatishoboye aho agiye gutangirira mu Burasirazuba bw’u Rwanda afasha bamwe mu bakunze ibyo akora ariko bafite amikoro make.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE yavuze ko, iki gitekerezo yakigize ashaka kwitura abantu bamukunze kuva kera ariko ubuzima bwabo bukaba butifashe neza. Ni igikorwa yise ‘Comedy for Peace’.

Ati “Ni urwenya ruhetse amahoro. Ni igitekerezo nagize nshaka kujya kureba abantu aho batuye mu ntara n’abari muri Kigali. Intego nyamukuru ni ugufasha abantu batishoboye. Icyo nshaka ni ukwegera ba bantu bankunze bagatuma mba uwo ndi we, ni ukujya kubashimira.”

Uyu musore azafatanya n’abandi banyarwenya barimo Nyaxo na Mitsutsu. Tariki 29 Werurwe 2025, aba banyarwenya bazatangirira iki gikorwa mu Bugesegera mu murenge wa Ruhuha, nyuma bakomereze mu tundi duce.

Biteganyijwe ko mu Karere ka Bugesera bazubakayo inzu ebyiri z’abatishoboye, nyuma hakazaba igitaramo cy’urwenya mu gihe abatuye aho bazaba bari bazazatoranywamo abahabwa ubwisungane mu kwivuza.

Yahamije ko igitekerezo cyamujemo bivuye ku buryo Leta ishishikariza Abanyarwanda kwishakamo ubushobozi, bakigira abandi bagafashanya na bagenzi babo kwiteza imbere.

Ati “Ubu nibwo nabitekereje, nashakaga kwitura abantu. Ikindi politiki y’igihugu cyacu uyu munsi ni ugufashanya tukazamurana. Ufite ubushobozi akwiriye gufasha undi, bitagombye kubwirizwa kandi nta bushobozi buke bubaho.”

Mitsutsu ni umwe mu bazaba bari muri ibi bikorwa
Nyaxo na we azafatanya na Sam mu rwenya rugamije gufasha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .